Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuzungu Yishe Abirabura Batatu Abasanze Mu Iduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umuzungu Yishe Abirabura Batatu Abasanze Mu Iduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 August 2023 7:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Leta ya Florida muri Amerika haraye imiborogo ubwo Umuzungu witwa Ryan Christopher Palmeter yasangaga Abirabura mu iduka ryitwa Dollar  General riri i Jacksonville akabarasa bagapfa.

Biragaragara ko ari bo yari  agambiriye kubera muri iryo duka hari n’abandi bakiliya batari Abirabura.

Umupolisi wo mu gace byabereyemo witwa TK Waters yabwiye itangazamakuru ko uriya musore w’imyaka 21 y’amavuko, yari afite ibyangombwa bimwemerera gutunga imbunda akaba yabanaga n’iwabo.

Nyuma yo kwica abo bantu, nawe yirashe arapfa.

Umupolisi Waters avuga ko ibimenyetso bamaze kugeraho mu iperereza ry’ibanze, byerekana ko buriya bwicanyi bwari bugambiriwe kandi bugaragaza neza ko bushingiye ku ivangura ry’uruhu kandi ko ari ryo rwakuruye urwango rukomeye.

Mbere yo gukora buriya bwicanyi, Ryan Christopher Palmeter yari yarabanje kwandika inyandiko zirambuye zisobanura neza uko yangaga Abirabura.

Yanditse ko izo nyandiko zigenewe abapolisi n’abanyamakuru bazashaka kumenya icyamuteye ubwo bwicanyi.

Ikindi cyatangaje abapolisi ni uko nta hantu na hamwe hagaragazaga ko yigeze afungwa cyangwa ngo akurikiranwe mu mategeko mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Gusa ngo yahoraga mu ntonganya na murumuna we.

Perezida wa Amerika Joe Biden yamaganye ubwo bwicanyi avuga ko bibabaje kuba bibaye mu gihe Amerika iri kwibuka imbwirwaruhame ya Martin Luther King yavugaga ko hari igihe Abanyamerika bose( harimo n’Abirabura) bazabana mu mahoro.

Ni imbwirwaruhame bibuka ku nshuro ya 60.

Ibyuma bifata amashusho( CCTV Cameras) byerekanye ko uriya mwicanyi yabanje kurasa umugore w’Umwiraburakazi yari asanze hanze y’iduka ari mu modoka amutsinda aho.

Uwo mugore ni Angela Michelle Carr w’imyaka 52 y’amavuko.

Yahise yinjira mu iduka arasa ingimbi y’imyaka 19 yitwa  Anolt Joseph Laguerre Jr ndetse na  Jerrald De’Shaun Gallion bari bari kumwe uyu akaba yari afite imyaka  29 y’amavuko.

Palmeter yari yambaye ikote ririnda agatuza amasasu ndetse n’umwenda umuhisha mu maso.

Ubwicanyi yabukoresheje imbunda yo mu bwoko AR-15, akaba yari yarayomeretseho udupapuro tumatira turiho ikirango cy’Abanazi kitwa Swastika.

Amakuru ya Reuters avuga ko mbere yo kujya muri ririya duka, uriya musore yari yabanje kugerageza kwinjira muri Kaminuza yigamo Abirabura benshi yitwa Edward Waters University ngo arase abo ahasanze ariko biranga.

Nibwo yabonezaga ajya kureba ko hari Abirabura yasanga muri ririya duka.

 

TAGGED:AbiraburaAmerikaBidenfeaturedUmuzunguUrwango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndayishimiye Arashaka Gufatanya Na Tshisekedi Mu Bya Gisirikare
Next Article Karongi: Yavuye Mu Bukwe Ariyahura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?