Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwami w’Abazulu Muri Africa Y’Epfo Yatanze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Umwami w’Abazulu Muri Africa Y’Epfo Yatanze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2021 11:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Goodwill Zwelithini wari umwami w’Abazulu, ubu bukaba ari ubwoko bw’Abirabura bo muri Africa y’Epfo yatanze azire indwara y’igisukari izwi mu ndimi z’amahanga nka Diabetes. Yatanze afite imyaka 71 y’amavuko.

Umwami Zwelithini yagiye ku ngoma muri 1971. Yari akunzwe mu baturage b’Abazulu kubera ko yakundaga guhura nabo kenshi bakabyina indirimbo gakondo z’Africa y’epfo ndetse bagakora n’imihango ya kidini y’abakurambere babo.

Yigeze kubwira umunyamakuru wa Al Jazeera ko ‘adashobora gutuma abaturage be bibagirwa amateka yabo  uko byagenda kose’

Itangazo ry’urupfu rw’umwami Goodwill Zwelithini ryatangakwe n’umwe mu ba Zulu bakomeye wari usanzwe aba ibwami witwa Mangosuthu Buthelezi nawe wamenyekanye cyane mu mateka ya kiriya gihugu mu gihe cya Apartheid.

Umwami Zwelithini yagiye ku ngoma muri 1971 asimbuye Se witwaga Cyprian Bhekuzulu kaSalomon.

Yavukiye ahitwa Nongoma, uyu ukaba ari umujyi muto uba mu Majyepfo y’i Burasirazuba y’Intara ya Kwa-Zulu Natal.

KwaZulu-Natal nayo ni Intara ihereye mu Majyepfo y’Africa y’Epfo hafi y’uruhererekane rw’imisozi yitwa  Drakensberg  hafi y’Inyanja y’Abahinde.

Ubwami bw’Abazulu ni bumwe mu bwami bwo muri Africa bwari bukomeye kurusha ubundi mu mateka y’Africa yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

Abahanga mu nyigandimi(ethymology) bavuga ko ijambo ‘Zulu’ risobanuye ‘Ijuru’, ‘Ikirere’ bityo abantu bagakeka ko mu myumvire y’Abazulu harimo ko ari ibimanuka byaturutse mu ijuru.

Ubwami bw’Abazulu bwabayeho mu mahoro no mu burumbuke busesuye kugeza ubwo Abongereza baje mu ntangiriro z’Ikinyejana cya 17 Nyuma ya Yezu Kristu.

Ingabo z’Abongereza zaraje zibiraramo zirabica ubundi zigabanya ubutaka bwabo.

Kugeza ubu Abazulu baba muri Africa y’Epfo ni miliyoni 11, ariko hari abandi baba mu bihugu bituranye nayo nka Lesotho, Zimbabwe, Swaziland, Botswana, Mozambique . 

Twibukiranye Mangosuthu Gatsha Buthelezi 

Mangosuthu Buthelezi wabitse urupfu rw’Umwami Zwelithini nawe afite amateka atari mato.

Ni umunyapolitiki w’Umuzulu wavutse muri 1928, akaba yarashinze ishyaka ryamenyekanye cyane ku murwanya Abazungu muri Apartheid ryitwa Inkatha Freedom Party.

Ari mu banyapolitiki b’Abirabura muri Africa y’Epfo bagize uruhare mu biganiro bya Politiki byari bigamije gukuraho Apartheid binyuze mu buryo bw’amahoro.

Ibi biganiro byaje kugera ku kiswe Mahlabatini Declation of Faith cyasinywe muri 1974.

Mangosuthu Buthelezi

Nyuma y’uko Africa y’Epfo iyobowe na Nelson Mandela, Mangosuthu Gatsha Buthelezi  yahawe kuyobora Minisiteri y’ibibera mu gihugu kugeza muri 2004.

Ubwo kandi niko yakomeje no kuyobora Inkatha Freedom Party kugeza muri 2014 ubwo yatangazaga kutazongera kwiyamamariza kuriyobora.

Asanzwe ari igikomangoma mu bwami bw’Abazulu.

TAGGED:AbazulufeaturedUmwamiZwelithini
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukingira Abanyarwanda COVID-19 Byageze Mu Masoko
Next Article Ibiciro Ku Isoko Byiyongereyeho 1.6%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?