Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwamikazi W’u Bwongereza YATANZE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwamikazi W’u Bwongereza YATANZE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2022 12:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko abaganga batangaje ko ubuzima bw’Umwamikazi w’u Bwongereza Elisabeth II bugeze aharenga, ndetse abo mu muryango we bakajya kumuba hafi aho yari arwariye, ubu isi yacitse umugongo nyuma y’uko bitangajwe ko YATANZE.

Elisabeth II atanze( gutabaruka) afite imyaka 96 y’amavuko muri yo igera kuri 70 akaya yari ayimaze ku ngoma.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari mu Bayobozi b’ibihugu byo ku isi bafashe mu mugongo ab’ibwami mu Bwongereza ndetse n’abagize Umuryango Commonwealth kubera urupfu rw’umwamikazi Elisabeth II.

Kuri uyu wa Kane abo mu ngoro y’Umwamikazi w’u Bwongereza bavugaga ko uyu mubyeyi ugeze mu zabukuru, ari mu bitaro kandi ko abaganga bahangayikiye ubuzima bwe.

Ku myaka 96 y’amavuko, niwe muntu wayoboye u Bwongereza igihe kirekire kugeza ubu.

Nyuma y’uko abaganga bavugiye ko babona ubuzima bw’Umwamikazi bumeze nabo, bahise babimenyesha abo mu muryango we.

Babiri muri bo ari bo Charles na William bahise bajya kumuba hafi aho arwariye.

Minisitiri w’Intebe Liz Truss akimara kumva iby’iyo nkuru, yavuze ko yifatanyije n’abo mu Muryango w’Umwamikazi kandi ngo n’Abongereza bose babari inyuma mu bibazo by’ubuzima umwamikazi ari mo.

Perezida Kagame yihanganishije abo mu muryango wa cyami mu Bwongereza na Commonwealth yose

Kuri uyu wa Gatatu Taliki 07, Nzeri, 2022, Umwamikazi Elisabeth II yategetswe n’abaganga be ko atagomba kuyobora inama yari iteganyijwe kuko ubuzima bwe babonaga ko butameze neza.

Ni mu nama Liz Truss yagombaga kurahiriramo ko atangiye imirimo mishya yo kuba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Ndetse ngo no mu Nteko ishinga amategeko aho yari burahirire, hatangarijwe ko iby’ubuzima bw’Umwamikazi Elisabeth II butameze neza kandi ko ikiri buhinduke cyose bari bukimenyeshwe.

Umwamikazi Elisabeth II amaze imyaka 70 ategeka u Bwongereza n’ibihugu byose bigize Commonwealth harimo n’u Rwanda.

Icyakora u Rwanda rwo ntiruramara igihe kirekire rwinjiye muri uyu muryango.

TAGGED:BwongerezaCommonwealthElisabethKagameRwandaUmwamikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr Kalibata Avuga Ko Kugira Ngo Afurika Yihaze Mu Biribwa Bisaba No Kumenya Aho Byeze
Next Article Mu Myaka 40, Abaganga 270 B’Abashinwa Batanze Ubuvuzi Ku Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?