Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Umwana Wanjye Yararozwe’- Se W’Uwahoze Ayobora Inteko Ishinga Amategeko Ya Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Umwana Wanjye Yararozwe’- Se W’Uwahoze Ayobora Inteko Ishinga Amategeko Ya Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2022 1:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu  nibwo abaturage ba Uganda bashyinguye mu cyubahiro Jacob Oulanya wahoze ari Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda waguye muri Amerika mu minsi ishize.

Se witwa Nathan Okori mu ijambo ryo gusezera ku murambo w’umuhungu we, yabwiye abari aho ko Oulanyah yarozwe.

Ijambo rye yarivuze ku rurimi gakondo  rw’iwabo bita Acholi ariko asemurirwa n’umunyapolitiki wo mu batavuga rumwe na Leta witwa Norbert Mao.

Okori ati: “ Ndaririra ukuri kuko nzi ko umuhungu wanjye yarozwe. Ndagira ngo mbivuge neza kandi byumvikane ko umuhungu wanjye yarozwe. Ni ko yanyibwiriye kuko uburozi yahawe bwamuzahaje ubwo yari ageze kwa muganga hanze ya Uganda ngo yitabweho. Yari ananiwe cyane kubera uburozi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuhango  wo gushyingura Oulanyah wabaye kuri uyu wa Gatanu, umara umunsi wose.

Mu  banyacyubahiro bari bahari Perezida Museveni ntiyahageze  ariko yari ahagarariwe na Visi Perezida wa Uganda Madamu Jessica Alupo.

Umuhango wo kumusezeraho wari mo amasengesho yari ayobowe na Musenyeri w’Idini rya Uganda witwa Archbishop Steven Kaziimba Mugalu.

Yashyinguwe ku ivuko ahitwa Lalogi, muri Disitirigiti ya Omoro.

Ni mu bilometero 400 uvuye i Kampala.

- Advertisement -

Minisitiri w’ubuzima muri Uganda witwa Jane Ruth Aceng avuga ko Jacob Oulanyah yazize impyiko zaturitse ndetse n’umwijima n’umutima byari byararwaye cancer.

Ngo byatewe n’indwara ziva ku dukoko twa bacteria na virus.

Yaguye mu bitaro byitwa Medical Centre biri i Seatle muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, bikaba ari ibitaro bizwiho ubuhanga mu kuvuga za cancer.

Hari taliki 20, Werurwe, 2022 ubwo inkuru y’urupfu rwe yabaga kimomo.

Itangazamakuru ryo muri Uganda ryatangaje ko abateguye umuhango wo gushyingura Oulanyah bari barateganyije ko Se atazahabwa ijambo kubera kwanga ko yazahavugira ko umuhungu we yarozwe.

Jacob Oulanyah

Si abo mu muryango we gusa bavuze ko yarozwe kuko hari n’abandi baturage babivugaga bavuga ko hari abanyapolitiki batamukundaga bityo bakaba baramugambaniye akarogwa agapfa.

Muri Uganda kandi hari abandi banyapolitiki bavuzwe kurogwa bikabaviramo urupfu nk’uko The East African yabyanditse.

Undi  witabye Imana bikavugwa ko yarozwe ni uwahoze ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ingabo witwa Brig Noble Mayombo wapfuye mu mwaka wa 2007.

Cerinah Nebanda nawe yapfaga mu mwaka wa 2013,  uyu akaba yari asanzwe ari Umudepite mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda,  nawe byavuzwe ko yarozwe.

Hari n’abandi bavuzweho kurogwa ariko ibisubizo byo kwa muganga bikaza bivuga ibindi.

TAGGED:AbadepiteAmerikafeaturedOulanyahUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umubano Wa Putin N’Abakandida Mu Matora Ya Perezida W’u Bufaransa Ushobora Guhindura Ibintu
Next Article Ibyo Inama Y’Abamisitiri Iri Guterana Ishobora Kuza Kwigaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?