Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwe Mu Bayobozi b’Umutwe w’Iterabwoba Muri Cabo Delgado Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwe Mu Bayobozi b’Umutwe w’Iterabwoba Muri Cabo Delgado Yafashwe

admin
Last updated: 18 January 2022 3:03 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo za Mozambique zatangaje ko zataye muri yombi umwe mu bayobozi b’umutwe w’iterabwoba ushamikiye kuri Islamic State, afatirwa mu karere ka Nangade mu majyaruguru y’Intara ya Cabo Delgado.

Ibinyamakuru byo muri icyo gihugu byatangaje ko uwo mugabo ufite ubwenegihugu bwa Tanzania yitwa Ali, afite imyaka 39.

Yafatanywe n’abandi barwanyi batandatu b’uriya mutwe, yemera ko yari umwe mu bayobozi bashinzwe kwinjiza abarwanyi bashya mu bikorwa by’iterabwoba no kuyobora ibitero bitandukanye.

Hari amakuru ko yasubiye muri Mozambique mu 2017 avuye hanze y’igihugu, akaba umwe mu bayoboye ibitero byagabwe mu mujyi wa Mocímboa da Praia ubwo ibi bikorwa by’iterawoba byatangiraga gufata indi ntera. Ni ibitero byaguyemo abasivili benshi.

Uyu mugabo afashwe mu gihe mu karere ka Nangade hamaze iminsi hari ibibazo by’umutekano muke.

Nibura mu byumweru bibiri bishize, umutwe w’iterabwoba ugendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, wagabye ibitero ku baturage mu duce turindwi.

Ni uduce twa 3 de Fevereiro, Litingina, Luneke, Chindolo, V Congresso na Chiduadua, ndetse igitero giheruka cyagabwe mu gace ka Limualamuala ku wa Gatadatu.

Cyahitanye abaturage batandatu b’inzirakarengane, bari mu birori gakondo.

Ibinyamakuru byo muri Mozambique bivuga ko ubwo bwicanyi bwakoranwe ubugome bukomeye, kuko muri abo bantu batandatu bishwe harimo bane barashwe, naho babiri bicwa baciwe imitwe.

Bivugwa ko icyo gitero cyagabwe abasirikare bari bahoze bacunze umutekano w’abaturage bamaze kuhatirimuka.

Bikekwa ko hari abantu bari rwagati mu baturage bakorana n’iriya mitwe y’iterabwoba, ari nabo batanze amakuru.

Ingabo z’u Rwanda na Polisi birimo gufasha mu kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, guhera muri Nyakanga umwaka ushize.

Ibihugu byombi biheruka kwemeranya ko u Rwanda ruzanatanga umusanzu mu kubaka no kongerera ubushobozi inzego z’umutekano za Mozambique, zaba igisirikare na Polisi.

TAGGED:Cabo DelgadofeaturedMozambiqueNangadePolisi y'u RwandaRDFRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niger Yategetswe Gusubiza Ibyangombwa Abanyarwanda Umunani Yakiriye
Next Article RwandAir Igiye Gutangira Kujyana i Dubai Abaturutse Kigali, Entebbe, Bujumbura…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?