Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwihariko Ku Bana Bafite Ubumuga Bwo Kutumva Batangiye Ibizamini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umwihariko Ku Bana Bafite Ubumuga Bwo Kutumva Batangiye Ibizamini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2024 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe gutegura ibizamini, NESA, ruvuga ko kuri iyi nshuro abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakoreye ibizami ku bigo bifite umwarimu wahuguwe ku rurimi rw’amarenga kugira ngo abafashe mu gihe bagira ikibazo runaka.

Mu Rwanda hose kuri uyu wa Mbere hatangiye ibizamini by’amashuri abanza birangiza umwaka w’amashuri 2023/2024.

Mu Rwanda hose abana bakoze ibi bizamini barenga 200,000, ariko abafite ubumuga bakoze kuri iyi nshuro ni 569.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibizamini muri NESA witwa Jean Claude Nzeyimana yabwiye Taarifa Rwanda ko gushakira abana bafite ubumuga bwo kutumva  umwarimu uzi amarenga ari umwihariko wakozwe kuri iyi nshuro.

Yagize ati: “ Hari ubundi bumuga abantu batajya batekerezaho. Hari abana bareba ariko batavuga kandi ntibumve. Mu kizami hari ubwo bavuga ngo hasigaye iminota itanu ngo ikizamini kirangire kandi uwo mwana aba atabyumva. Ubu twasabye ko buri mwana nk’uwo akorera ikizamini mu ishuri rigenzurwa n’umwarimu usanzwe uzi amarenga, ushobora kumubwira mu marenga ko hasigaye iminota runaka, cyangwa se umwana akaba yasaba uburenganzira bwo kujya kwihagarika undi akamwumva”.

Jean Claude Nzeyimana avuga ko abafite ubumuga bwo kutabona bahawe ibizamini byanditswe muri Braille kugira ngo babone uko basubiza, ariko ngo n’ababona gake bahawe ibizamini byanditse mu nyuguti nini, bashobora kwisomera.

Ubusanzwe abana bafite ubumuga biga mu bigo by’ingeri ebyiri: ibigo byihariye n’ibigo bisangiwe na bagenzi babo badafite ubumuga.

Mu Rwanda hose abana bafite ubumuga butandukanye biga mu mashuri abanza, icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye ndetse n’abo mu cyiciro cya nyuma cyayo bose hamwe ni abantu 1,203.

TAGGED:AmarengafeaturedIbizaminiIkigoKutumvaRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINEDUC Hari Icyo Isaba Ababyeyi Muri Iki Gihe Cy’Ibizamini
Next Article U Rwanda Rwabonye Miliyoni € 50 Yo Gushora Mu Mishinga Ibungabunga Ibidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?