Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwuka Mubi Uratutumba Hagati Ya Uganda Na Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umwuka Mubi Uratutumba Hagati Ya Uganda Na Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2023 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Museveni yasabye ubutegetsi bwa Kenya gufata kandi bukoherereza ubwa Uganda abantu bavugwa mu bushimusi, ubusahuzi n’ubwicanyi bwakozwe n’abo bita aba Turkana babukorera abanya Uganda.

Museveni yavuze ko  nibitaba ibyo abo bafitanye isano bose bakirukanwa muri Uganda, bagasubira iwabo.

Ubutegetsi bwa Uganda buvuga ko aborozi bo muri Turkana bishe abaturage batanu ba Uganda , hari muri Werurwe, 2022.

Muri Uganda haherutse gusohorwa iteka rya Perezida No.3 ryo ku italiki 19,Werurwe, 2023 rivuga ko Aba Turkana bose bitwaza imbunda mu buryo butemewe n’amategeko ya Uganda bategetswe kuzisubiza Leta bitaba ibyo bakirukanwa ku butaka bwa Uganda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bahawe nyirantarengwa y’amezi atandatu.

Ubutegetsi bwa Uganda buvuga ko ba rushimusi b’aba Turkana mu mwaka wa 2022, bishe abahanga mu by’ubutaka( geologists) batatu n’abasirikare babiri bo mu ngabo za Uganda, UPDF.

Perezida Museveni yavuze ko abakoze buriya bwicanyi bahungiye muri Kenya kandi ko ari ngombwa ko iki gihugu kibazana muri Uganda bagacibwa imanza.

Icyakora ngo intwaro bakoresheje biriya byaha bavugwaho, zarafashwe.

Perezida Museveni avuga ko ikibazo cy’abaTurkana gikomeye kandi gishobora gutuma agace ibihugu byombi( Kenya na Uganda) bihuriyeho, gahungabana.

- Advertisement -

Ni igice kiri mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Kenya.

Ikindi kibazo gihari ni uko aba Turkana( bo muri Kenya) bafitanye isano n’aba Karimojong( bo muri Uganda), bivuze ko kubuza bamwe kugenderera abandi ari ikintu kitapfa koroha.

Perezida Museveni avuga ko igihugu cye cyemereye aba Turkana kuza muri Uganda kubera ko mu gihugu cyabo nta mazi ahagije yo gushora inka bari bafite.

Avuga ko iki bagikoze nk’igikorwa cy’ubumwe bw’Abanyafurika, Pan Africanist spirit.

Ikibabaje ngo ni uko abo bantu bazanye intwaro muri kiriya gice, bakaba bazikoresha mu rugomo barangiza bagasubira muri Kenya ari naho baje baturuka.

Ikidamu cyitwa Kobebe( Kobebe dam) nicyo cyahaye aba Turkana uburyo bwo kubona uko bashora inka zabo kuko gifite metero kibe z’amazi zigera kuri miliyoni 2.3.

Cyatashywe mu mwaka wa 2019 hari Perezida Museveni na Uhuru Kenyatta wahoze uyobora Kenya.

Iteka rya Perezida wa Uganda rivuga ko umu Turkana wese uzinjirana imbunda muri Uganda azahita afatwa akaburanishwa n’inkiko za gisirikare.

Museveni kandi yasabye aborozi bo muri Kenya gusubiza Uganda inka 2,245 banyaze abatuye Karimojong  kandi ababikoze bakaburanishwa.

TAGGED:AborozifeaturedKenyaMuseveniRutoUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWAFA Yakoze Impinduka Ku Munsi Wa 30 Wa Shampiyona
Next Article Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga Wa Ukraine Arasura U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?