Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Mushoferi Yajyanye Imodoka Kuri Polisi Yasinze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Undi Mushoferi Yajyanye Imodoka Kuri Polisi Yasinze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 February 2023 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Appolinaire Nzirorera yatawe muri yombi na Polisi nyuma y’uko agiye gusuzimisha ubuziranenge bw’imodoka, bamupima bagasanga yari yanyweye inzoga.

Ni umugabo w’imyaka 58 y’amavuko.

Yafatiwe mu kigo gishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, aje gusuzumisha ubuziranenge bw’ imodoka yo mu bwoko bwa Fuso RAF 095 U.

Polisi ivuga ko uriya mugabo bamupimye basanga afite igipimo cy’umusemburo kingana na 2.21 mu maraso.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yagize ati: “Nyuma yo gucyekwaho kuba yafashe ku binyobwa bisembuye, Nzirorera baje kumupima basanga afite igipimo cya alukoro mu maraso ye ingana na 2.21 bivuze ko icyo gihe aba atacyemerewe gusubira mu muhanda atwaye.”

Avuga ko ibi ari ibikorwa Polisi izakomeza gukora mu rwego rwo kurwanya no gukumira impanuka zo mu muhanda zituruka ku businzi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko abantu bagombye guha agaciro ubukangurambaga Polisi imaze igihe itanga bwa ‘Gerayo amahoro.’

Ati: “Tumaze iminsi dukora ubukangurambaga bujyanye n’umutekano wo mu muhanda harimo no gukangurira abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyoye ibisindisha.”

Avuga ko Polisi itazigera icika intege mu gukora ibikorwa byo gufata abica amategeko.

Yashishikarije abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko yo mu muhanda mu rwego rwo gukumira impanuka, by’umwihariko iziterwa n’ubusinzi, mu gihe bazi ko bafashe ku bisembuye.

Si ubwa mbere hafashwe umushoferi ugiye gusuzumisha ubuziranenge bw’imodoka yanyweye ibisindisha.

Taliki 25 Mutarama, 2023 mu kigo giherereye mu Karere ka Rwamagana, hafatiwe undi mushoferi wagaragaye yasinze bamupimye babona igipimo cya alukoro mu maraso ye ingana na 2.24.

TAGGED:AkarerefeaturedimodokaPolisiUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Arashinjwa Gutema Nyina
Next Article Cardinal Kambanda Yagiye Kwakira Papa Francis
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?