Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Mutwe Wo Gufasha FARDC Wavutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Undi Mutwe Wo Gufasha FARDC Wavutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2023 1:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Teritwari ya Nyiragongo havutse umutwe w’urubyiruko rwatojwe gisirikare bise UFPC ( Union des Forces Patriotiques du Congo). Abawugize kugeza ubu barabarirwa mu magana, bakemeza ko bahisemo kwambarira urugamba kubera ko babisabwe na Perezida Tshisekedi ngo bamufashe kwivuna umwanzi.

UFPC ( Union des Forces Patriotiques du Congo).

Amashusho yashyizwe kuri X( yahoze ari Twitter) yerekana abo basore bari ku karasisi ka gisirikare, baririmba ko biteguye kwivuna umwanzi bita ‘u Rwanda’ na M23.

Umuvugizi w’uyu mutwe witwa Nicolas Muhabura avuga ko, nk’urubyiruko rukunda DRC, basanze nta kindi bakora kitari ukwemera gutozwa bya gisirikare ngo bazambarire urugamba bahangamure M23.

Barimo n’inkumi

Avuga ko ahantu ha mbere bifuza gutangirira akazi kabo ko kurwana ari i Kibumba bakahirukana M23 uruhenu.

N’ubwo bavuga ibi, bigaragara ko batihagije kuko basaba Guverinoma y’i Kinshasa kubaha ibikoresho bihagije kandi bigezweho byo guhangana na M23.

M23 yo ni umutwe w’inyeshyamba z’abarwanyi babimazemo igihe kandi bafite ibikoresho bihagije n’ubumenyi bwinshi bw’agace barwaniramo.

Nyiragongo ni igice kinini cy’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Umurwa mukuru w’iki gice cya Kivu ni Umujyi wa Kibumba, Kibumba ikaba iri muri Kilometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma.

M23 yafashe uyu mujyi mu Ugushyingo, 2022 ariko iza kuhava.

Nyiragongo iri muri Kivu y’Amajyaruguru ikaba ifite agace gakora ku Rwanda

Ntibyarangiriye aho kubera ko nyuma y’igihe runaka, abo barwanyi bongeye gusubira muri kiriya gice.

Agace ka Nyiragongo gakora ku bice birimo Goma mu Majyepfo, Masisi mu Burengerazuba, Rutshuru mu Majyaruguru n’u Rwanda mu Burasirazuba bw’ako.

TAGGED:AbasoreGomaKibumbaM23TshisekediUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyitwarire Y’Abakire Niyo Ituma Bakira, Abakene Bikaba Uko!
Next Article Urubyiruko Rw’i Musanze Rwahawe Inzu Yo Kurwanyirizamo Ubujiji
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?