Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Mutwe Wo Gufasha FARDC Wavutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Undi Mutwe Wo Gufasha FARDC Wavutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2023 1:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Teritwari ya Nyiragongo havutse umutwe w’urubyiruko rwatojwe gisirikare bise UFPC ( Union des Forces Patriotiques du Congo). Abawugize kugeza ubu barabarirwa mu magana, bakemeza ko bahisemo kwambarira urugamba kubera ko babisabwe na Perezida Tshisekedi ngo bamufashe kwivuna umwanzi.

UFPC ( Union des Forces Patriotiques du Congo).

Amashusho yashyizwe kuri X( yahoze ari Twitter) yerekana abo basore bari ku karasisi ka gisirikare, baririmba ko biteguye kwivuna umwanzi bita ‘u Rwanda’ na M23.

Umuvugizi w’uyu mutwe witwa Nicolas Muhabura avuga ko, nk’urubyiruko rukunda DRC, basanze nta kindi bakora kitari ukwemera gutozwa bya gisirikare ngo bazambarire urugamba bahangamure M23.

Barimo n’inkumi

Avuga ko ahantu ha mbere bifuza gutangirira akazi kabo ko kurwana ari i Kibumba bakahirukana M23 uruhenu.

N’ubwo bavuga ibi, bigaragara ko batihagije kuko basaba Guverinoma y’i Kinshasa kubaha ibikoresho bihagije kandi bigezweho byo guhangana na M23.

M23 yo ni umutwe w’inyeshyamba z’abarwanyi babimazemo igihe kandi bafite ibikoresho bihagije n’ubumenyi bwinshi bw’agace barwaniramo.

Nyiragongo ni igice kinini cy’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Umurwa mukuru w’iki gice cya Kivu ni Umujyi wa Kibumba, Kibumba ikaba iri muri Kilometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma.

M23 yafashe uyu mujyi mu Ugushyingo, 2022 ariko iza kuhava.

Nyiragongo iri muri Kivu y’Amajyaruguru ikaba ifite agace gakora ku Rwanda

Ntibyarangiriye aho kubera ko nyuma y’igihe runaka, abo barwanyi bongeye gusubira muri kiriya gice.

Agace ka Nyiragongo gakora ku bice birimo Goma mu Majyepfo, Masisi mu Burengerazuba, Rutshuru mu Majyaruguru n’u Rwanda mu Burasirazuba bw’ako.

TAGGED:AbasoreGomaKibumbaM23TshisekediUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyitwarire Y’Abakire Niyo Ituma Bakira, Abakene Bikaba Uko!
Next Article Urubyiruko Rw’i Musanze Rwahawe Inzu Yo Kurwanyirizamo Ubujiji
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?