Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Undi Wunganiraga Karasira Yivanye Mu Rubanza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Undi Wunganiraga Karasira Yivanye Mu Rubanza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 May 2024 12:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Me Gatera Gashabana waburaniraga Aimable Karasira Uzarama.

Mu rubanza yunganiragamo uyu muntu, Me Gatera Gashabana yahasomeye iburuwa ko atazongera kumwunganira.

Yamuburaniraga mu rubanza ruri kuburanirwa mu rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi ruri i Nyanza.

Ubwo yari mu rukiko kunganira Aimable Karasira Uzaramba alias Prof Nigga nibwo yatanze iyo baruwa.

Yahise afata igikapu cye arasohoka kandi nta byinshi yavuganye na Aimable Karasira nk’uko bagenzi bacu ba UMUSEKE bakurikiranaga uru rubanza babyemeza.

Nyuma y’ibyo,  Karasira yatangaje ko ataahobora kwiburanira, asaba ko yashakirwa umwunganira.

Mu rukiko yari yaje yambaye amataratara(lunettes) afite akajerekani karimo amazi yambaye ishapure n’inkweto za ‘Bodaboda’.

Yabwiye abari aho ati: “Me Gatera yari yarambwiye ko azikura mu rubanza ariko yantanze. Nawe narikumwigarika nk’uko nigaritse Evode”.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kuba  umwunganizi yikuye mu rubanza ari uburenganzira bwe kandi n’umuburanyi kuburana yunganiwe nabwo ari ubundi burenganzira bwe.

Bwasabye urukiko kwiherera rugafata icyemezo, narwo rurabikora rwanzura ko urubanza rugusubikwa.

Mu bindi Karasira Aimable Uzaramba alias Prof.Nigga yabwiye urukiko ni uko ubuyobozi bw’igororero rya Nyarugenge afungiyemo butamwerera gutelefona cyangwa kugira icyo yandika.

Yahise aboneraho gusaba ko urukiko rwamworohereza akajya abona uko avugana n’abanyunganira, rukabikora binyuze mu kubiganira na gereza.

Urukiko rwamwijeje ko ibyo asaba bizakemuka.

Aimable Karasira Uzaramba yahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda yigisha ikoranabuhanga.

Yaje no kuba umuhanzi ariko utarabyamamayemo cyane.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyaha bumurega birimo no gupyobya Jenoside yabikoreye ku muyoboro wa YouTube, ariko we akahakana.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 08, Gicurasi, 2024 byari biteganyijwe ko atangira kwiregura ariko ntibyaba kuko urubanza rwasubitswe.

Me Gatera Gashabana abaye umunyamategeko wa kabiri wikuye mu rubanza rwa Karasira Aimable Uzaramba kuko na Me Evode Kayitana nawe wamwunganiraga yaruvuyemo.

Inteko iburanisha uru rubanza igizwe n’abacamanza batatu n’umwanditsi w’urukiko.

TAGGED:featuredGashabanaKarasiraUrubanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Igiye Gusubukura Gahunda Ya Connect Rwanda
Next Article Amerika Yimye Israel Bombe Yari Yayemereye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?