Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Ruba Mu Mahanga Rwatangiye Gushora Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Urubyiruko Ruba Mu Mahanga Rwatangiye Gushora Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2025 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urubyiruko ruba hanze rwatangiye gushira mu Rwanda. Ifoto@RBA.
SHARE

Nyuma yo gusobanurirwa akamaro ko gushora mu gihugu cyarwo, urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga rwahisemo gushora mu mishinga imwe n’imwe yo kuzamura imibereho y’abaturage.

Hashize hafi imyaka ine Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi itangiye kwigisha urubyiruko ruba mu mahanga amateka y’igihugu cyarwo n’akamaro ko kurushoramo.

Abayobozi muri iyi Minisiteri bavuga ko bimwe mu byavuye muri ubu bukangurambaga ari ishoramari bamwe muri urwo rubyiruko batangiyeg gukorera mu Rwanda.

Gahunda ya Rwanda Youth Tour yibanda ku rubyiruko rufite imyaka 18 na 35 kandi buri mwaka abitabira iyi gahunda bariyongera.

Ku nshuro ya gatanu iheruka, abantu 100 nibo bayitabiriye.

Umwe muribo witwa Callixte Musinga Dethier yabwiye RBA ko nyuma y’umwaka umwe gusa abwiwe amateka y’igihugu cye agashishikarizwa no kugishoramo, yahise agaruka mu Rwanda atangiza ikigo cy’ubwubatsi.

Ati: “Nari mfite gahunda yo kugaruka mu Rwanda umwaka ushize bituma nza muri iyi gahunda ya Rwanda Youth Tour kugira ngo nanjye nibonere uko igihugu cyahindutse kubera ko nabaye mu Rwanda mu bihe byashize. Nari maze imyaka umunani ntaza, rero naragarutse ngo ndebe izo mpinduka, ndebe amahirwe ahari”.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni avuga ko iyi gahunda igira uruhare mu kwigisha urubyiruko amateka nyakuri y’u Rwanda.

Virgile Rwanyagatare, akaba Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Aziya, Pasifike n’Uburasirazuba bwo Hagati muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga avuga ko mu byiciro bine iriya gahunda imaze yatanze umusaruro urimo no kuba bamwe mu rubyiruko barihangiye imirimo bigaha akazi abandi Banyarwanda.

Urubyiruko ruherutse kwitabira icyiciro cya gatanu cya gahunda ya Rwanda Youth Tour rwaturutse mu Bubiligi, muri Canada, mu Bwongereza, muri  Amerika, mu Butaliyani, muri Sénégal no muri Uganda.

TAGGED:featuredImishingaIshoramariMinisiteriUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iran Yahakanye Iby’Uko Ishaka Imishyikirano Na Amerika
Next Article Inkuru Y’Umugore Waragije Umwana We Undi Urwaye Mu Mutwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?