Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Kwigishwa Kuba Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Kwigishwa Kuba Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2024 2:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abana bo mu mashuri yisumbuye atandukanye bari gutegurwa ngo bazavemo abayobozi bazi gufata ibyemezo neza kugira ngo bazigirire akamaro kandi bazavemo abayobozi beza b’ejo hazaza.

Abanyeshuri basaga ibihumbi bitatu bavuye mu bigo bitandukanye mu Rwanda bakurikirana inyigisho za iLead bari guherwa mu Mujyi wa Kigali.

iLead ni gahunda yo kongerera ubushobozi urubyiruko kugira ngo ruzavemo abantu bafitiye igihugu akamaro ubwo bazaba babaye abayobozi.

Bigishijwe ibiranga Umuyobozi mwiza

iLead ni gahunda ikorwa ku bufatanye n’umuryango Africa New Life ufasha abana mu burezi.

Muri Afurika uyu muryango ukorera mu Rwanda gusa.

Abanyeshuri bigishwa kuzavamo abayobozi bafite indangagaciro binyuze mu matsinda bahuriramo bagasoma ibitabo bitandukanye, aho bungurana ubumenyi ku bijyanye n’imiyoborere.

Abahuguwe bavuga ko bungutse ubumenyi bwerekana umuyobozi w’intangarugero mu gushyira mu bikorwa inshingano ze.

Ishimwe Oscar ati: ” Ubuyobozi butangirira kuri wowe, iyo wabashije kwiyobora ubasha kuyobora n’abandi.”

Keza Diana Irera nawe avuga ko byamufashije kwigirira icyizere no kuzirikana ko ari mu bantu bashobora kuzayobora u Rwanda mu nzego zitandukanye.”

Umuyobozi Mukuru wa Africa New Life Ministries, Pasiteri Fred Isaac Katagwa avuga ko bifuza kubaka politiki ijyanye n’imiyoborere myiza hashingiwe ku rubyiruko.

Ngo urubyiruko rwigishwa kwihangana, kumenya uko ibintu muri iki gihe ku isi biteye, bakabwirwa ko umuyobozi arangwa no kwihangana.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB), Dr. Nelson Mbarushimana avuga ko u Rwanda nirugira abanyeshuri bafite indangagaciro za iLead nta kabuza ruzagira abayobozi beza.

Dr. Mbarushimana avuga bafatanyije na iLead bifuza kurema umuntu uzashobora kwigirira akamaro akanakagirira igihugu.

Kuva mu mwaka wa 2022, iLead imaze kugera mu bigo by’amashuri yisumbuye 198 mu turere twose ikaba inakurikirwa n’abanyeshuri barenga ibihumbi 76.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedREBUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Donat Ndamage Yahaye Perezida Nyusi Impapuro Zimwemerera Guhagararira u Rwanda
Next Article Umunyarwanda Sahabo Yabaye Umukinnyi W’Ukwezi Wa Standard Liège
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?