Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Kwigishwa Kuba Abayobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Kwigishwa Kuba Abayobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2024 2:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abana bo mu mashuri yisumbuye atandukanye bari gutegurwa ngo bazavemo abayobozi bazi gufata ibyemezo neza kugira ngo bazigirire akamaro kandi bazavemo abayobozi beza b’ejo hazaza.

Abanyeshuri basaga ibihumbi bitatu bavuye mu bigo bitandukanye mu Rwanda bakurikirana inyigisho za iLead bari guherwa mu Mujyi wa Kigali.

iLead ni gahunda yo kongerera ubushobozi urubyiruko kugira ngo ruzavemo abantu bafitiye igihugu akamaro ubwo bazaba babaye abayobozi.

Bigishijwe ibiranga Umuyobozi mwiza

iLead ni gahunda ikorwa ku bufatanye n’umuryango Africa New Life ufasha abana mu burezi.

Muri Afurika uyu muryango ukorera mu Rwanda gusa.

Abanyeshuri bigishwa kuzavamo abayobozi bafite indangagaciro binyuze mu matsinda bahuriramo bagasoma ibitabo bitandukanye, aho bungurana ubumenyi ku bijyanye n’imiyoborere.

Abahuguwe bavuga ko bungutse ubumenyi bwerekana umuyobozi w’intangarugero mu gushyira mu bikorwa inshingano ze.

Ishimwe Oscar ati: ” Ubuyobozi butangirira kuri wowe, iyo wabashije kwiyobora ubasha kuyobora n’abandi.”

Keza Diana Irera nawe avuga ko byamufashije kwigirira icyizere no kuzirikana ko ari mu bantu bashobora kuzayobora u Rwanda mu nzego zitandukanye.”

Umuyobozi Mukuru wa Africa New Life Ministries, Pasiteri Fred Isaac Katagwa avuga ko bifuza kubaka politiki ijyanye n’imiyoborere myiza hashingiwe ku rubyiruko.

Ngo urubyiruko rwigishwa kwihangana, kumenya uko ibintu muri iki gihe ku isi biteye, bakabwirwa ko umuyobozi arangwa no kwihangana.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB), Dr. Nelson Mbarushimana avuga ko u Rwanda nirugira abanyeshuri bafite indangagaciro za iLead nta kabuza ruzagira abayobozi beza.

Dr. Mbarushimana avuga bafatanyije na iLead bifuza kurema umuntu uzashobora kwigirira akamaro akanakagirira igihugu.

Kuva mu mwaka wa 2022, iLead imaze kugera mu bigo by’amashuri yisumbuye 198 mu turere twose ikaba inakurikirwa n’abanyeshuri barenga ibihumbi 76.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedREBUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Donat Ndamage Yahaye Perezida Nyusi Impapuro Zimwemerera Guhagararira u Rwanda
Next Article Umunyarwanda Sahabo Yabaye Umukinnyi W’Ukwezi Wa Standard Liège
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?