Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruganda Hima Cement Rwo Muri Uganda Rwahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uruganda Hima Cement Rwo Muri Uganda Rwahiye

admin
Last updated: 16 January 2022 11:41 am
admin
Share
SHARE

Uruganda rukora isima rwo muri Uganda, Hima Cement, rwafashwe n’inkongi kuri uyu wa Gatandatu, bituma ruba ruhagaritse imirimo yo gutunganya isima igurishwa mu bihugu byinshi byo mu karere.

Urwo ruganda ruherereye mu mujyi wa Kasese, rwafashwe n’inkongi ahagana saa 12:30 ku isaha yo muri Uganda. Imibare y’ibanze igaragaza ko iyo nkongi yahitanye abakozi batatu b’uruganda.

Ntabwo uruganda rwose rwahiye, ariko hangiritse igice kinini.

Polisi ya Uganda yatangaje ko amakuru y’ibanze agaragaza ko inkongi yatangijwe n’iturika ry’ahabikwaga ibikomoka kuri peteroli.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje iti “Abantu batatu bahise bitaba Imana, batandatu barakomereka.”

Yavuze ko mu bakomeretse harimo abantu batatu barembye cyane.

Umuyozozi wa Hima Cement, Jean Michel Pons, yatangaje ko abashinzwe kurwanya inkongi mu ruganda ku bufatanye n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n’irya UPDF, babashije kugenzura uwo muriro mu gihe kitageze ku isaha imwe.

Yakomeje ati “Ibikorwa byacu kuri Hima Plant byahagaritswe mu gihe tugihanganye n’iki kibazo no kugira ngo inkongi ikumirwe burundu. Ubuzima n’umutekano by’abakozi n’abafatanyabikorwa bacu bikomeza kuza ku isonga.”

Uyu muyobozi we yavuze ko hakomeretse abantu umunani.

- Advertisement -

 

 

TAGGED:featuredHima CementUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Biruta Yasuye Abapolisi B’u Rwanda Bari Mu Butumwa Bw’Amahoro Muri Centrafrique
Next Article Novak Djokovic Yirukanywe Muri Australia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?