Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruganda Rutunganya Amazi Rwa JIBU Rurahumuriza Abakiliya Barwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Uruganda Rutunganya Amazi Rwa JIBU Rurahumuriza Abakiliya Barwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2022 6:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rutunganya amazi rwitwa Jibu rwaraye rutangaje mu byo rukora byose ruba rugamije ko abanywa amazi rutunganya bagira ubuzima bwiza kandi ntibahendwe. Ruvuga ko niyo hari ikibazo kibonetse rwihutira kugikemura.

Si amazi meza gusa ruha abakiliya barwo ahubwo rubaha na gazi yo gutekesha n’ibindi

Byose  bikorwa hagamijwe ko bagira ubuzima bwiza.

 Jibu Rwanda yatangaje  ko utubazo duto duherutse kuboneka  hamwe na hamwe mu hantu itunganiriza amazi twakosowe, bityo ko muri iki gihe amazi yayo yose asukuye mu buryo bwose bwujuje ubuziranenge.

Muri Jibu Rwanda  bavuga ko amazi yose baha abakiliya bacu, bayatunganya binyuze mu gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gutunganya amazi k’uburyo aba akwiye kunyobwa.

Ngo bakurikiza imitunganyirize y’amazi yitwa Standard Operating Procedures.

Ubuyobozi bwa Jibu Rwanda butangariza Abanyarwanda muri rusange ko bafite ahantu 57 mu Rwanda batunganyiriza amazi kandi  buri wese ubifitiye uburenganzira ashobora kuhasura kandi ko hazakomeza kongera aho bayasukurira.

Amazi ya Jibu aba henshi mu Rwanda

Itangazo ry’uru ruganda hari aho rigira riti: ‘Intego yacu idakuka ni iyo guha abakiliya bacu amazi atunganyijwe, asukuwe k’uburyo butagira ingaruka ku bayanywa haba mu gihe cya vuba cyangwa mu gihe kirambye.”

Abakozi bavuga ko bazi neza icyo bisaba ngo amazi azira amakemwa aboneke  kandi anyobwe.

Biteguye gukomeza kuyageza ku bayacuruza aho abakiliya bayo baherereye mu Rwanda.

Umurimo ngo ubaha inshingano zo gukomeza guha abakiliya ibyiza bibakwiye kandi bazahora babizirikana igihe cyose.

Icyakora muri iki gihe bari gukorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa, Rwanda Food and Drugs Authority, kugira ngo ahantu hane haherutse kuboneka ibibazo hasurwe, ibyo bibazo bikemurwe.

Aho hantu  ni habiri muri Kanombe, ahantu hamwe muri Kimironko, ahantu hamwe muri Kabeza n’ahantu hamwe muri Kicukiro.

Abakozi bize ubutabire nibo bakoreshwa mu gutunganya amazi ya JIBU

Hagati aho, barizeza abakiliya  ko amazi ya Jibu  a ameze neza, ko nta mpungenge zo kuyagura no kuyanywa bagombye kugira.

Umuntu ubishatse wese ashobora guhamagara kuri+250785121071 cyangwa akatwandikira kuri email rwanda@jibuco.com

 

TAGGED:AmazifeaturedJIBURwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ati: “ Nabwiye Perezida Tshisekedi Ko Iyo Ashinja Abandi Ibibera Iwe Aba Yihunza Inshingano”
Next Article Polisi Ntishinzwe Kurinda Umutekano W’Abanyarwanda Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?