Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruganda Rutunganya Amazi Rwa JIBU Rurahumuriza Abakiliya Barwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Uruganda Rutunganya Amazi Rwa JIBU Rurahumuriza Abakiliya Barwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 June 2022 6:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rutunganya amazi rwitwa Jibu rwaraye rutangaje mu byo rukora byose ruba rugamije ko abanywa amazi rutunganya bagira ubuzima bwiza kandi ntibahendwe. Ruvuga ko niyo hari ikibazo kibonetse rwihutira kugikemura.

Si amazi meza gusa ruha abakiliya barwo ahubwo rubaha na gazi yo gutekesha n’ibindi

Byose  bikorwa hagamijwe ko bagira ubuzima bwiza.

 Jibu Rwanda yatangaje  ko utubazo duto duherutse kuboneka  hamwe na hamwe mu hantu itunganiriza amazi twakosowe, bityo ko muri iki gihe amazi yayo yose asukuye mu buryo bwose bwujuje ubuziranenge.

Muri Jibu Rwanda  bavuga ko amazi yose baha abakiliya bacu, bayatunganya binyuze mu gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gutunganya amazi k’uburyo aba akwiye kunyobwa.

Ngo bakurikiza imitunganyirize y’amazi yitwa Standard Operating Procedures.

Ubuyobozi bwa Jibu Rwanda butangariza Abanyarwanda muri rusange ko bafite ahantu 57 mu Rwanda batunganyiriza amazi kandi  buri wese ubifitiye uburenganzira ashobora kuhasura kandi ko hazakomeza kongera aho bayasukurira.

Amazi ya Jibu aba henshi mu Rwanda

Itangazo ry’uru ruganda hari aho rigira riti: ‘Intego yacu idakuka ni iyo guha abakiliya bacu amazi atunganyijwe, asukuwe k’uburyo butagira ingaruka ku bayanywa haba mu gihe cya vuba cyangwa mu gihe kirambye.”

Abakozi bavuga ko bazi neza icyo bisaba ngo amazi azira amakemwa aboneke  kandi anyobwe.

Biteguye gukomeza kuyageza ku bayacuruza aho abakiliya bayo baherereye mu Rwanda.

Umurimo ngo ubaha inshingano zo gukomeza guha abakiliya ibyiza bibakwiye kandi bazahora babizirikana igihe cyose.

Icyakora muri iki gihe bari gukorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa, Rwanda Food and Drugs Authority, kugira ngo ahantu hane haherutse kuboneka ibibazo hasurwe, ibyo bibazo bikemurwe.

Aho hantu  ni habiri muri Kanombe, ahantu hamwe muri Kimironko, ahantu hamwe muri Kabeza n’ahantu hamwe muri Kicukiro.

Abakozi bize ubutabire nibo bakoreshwa mu gutunganya amazi ya JIBU

Hagati aho, barizeza abakiliya  ko amazi ya Jibu  a ameze neza, ko nta mpungenge zo kuyagura no kuyanywa bagombye kugira.

Umuntu ubishatse wese ashobora guhamagara kuri+250785121071 cyangwa akatwandikira kuri email rwanda@jibuco.com

 

TAGGED:AmazifeaturedJIBURwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ati: “ Nabwiye Perezida Tshisekedi Ko Iyo Ashinja Abandi Ibibera Iwe Aba Yihunza Inshingano”
Next Article Polisi Ntishinzwe Kurinda Umutekano W’Abanyarwanda Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?