Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugendo Ambasaderi W’u Butaliyani Yaguyemo Muri DRC Yari Yatangaje Ko Rwasubitswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Urugendo Ambasaderi W’u Butaliyani Yaguyemo Muri DRC Yari Yatangaje Ko Rwasubitswe

taarifa@media
Last updated: 01 March 2021 8:56 am
taarifa@media
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bushinzwe ‘Protocole ya Leta’ muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwaciye amarenga ko hari ubwiru mu rugendo rwari rugiye gukorwa na Luca Attanasio wari Ambasaderi w’u Butaliyani muri icyo gihugu, bikarangira yishwe n’umutwe witwaje intwaro byatangajwe ko ari FDLR.

Yishwe ku wa 22, Gashyantare, 2021 hamwe n’umurinzi we n’umushoferi, ubwo bari kumwe n’abakozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa, PAM, hafi y’umujyi wa Goma. Ni mu gice kirangwamo umutekano muke cyane.

Mbere yo kuva i Kinshasa, Ibiro bishinzwe Protocole ya Leta byatangaje ko ku wa 15 Gashyantare 2021 byakiriye ubutumwa bwa Ambasade y’u Butaliyani i Kinshasa, busaba ko Ambasaderi Attanasio yakwemererwa gukoresha igice cyagenewe abanyacyubahiro ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili. Yagombaga kuba ari kumwe n’umukozi wa Ambasade, ushinzwe umutekano we n’umushoferi.

Muri ubwo butumwa, Ambasade yatangaje ko bashakaga kujya i Goma n’i Bukavu kuva tariki ya 19-24 Gashyantare 2021, “gusura umuryango w’Abataliyani muri iyi mijyi ibiri.”

Nta na hamwe havugwamo ubutumwa bari kujyanamo na PAM.

Itangazo ibyo Biro byashyize ahabona ku wa 27 Gashyantare, rivuga ko ku munsi bamenyesherejweho urugendo, Ambasaderi w’u Butaliyani yasuye umuyobozi wa Protocole ya Leta amumenyesha ko rutakibaye, ko ubutumwa bubivuga neza buza koherezwa.

Rikomeza riti “Ubuyobozi bwatunguwe no kubona ku mbuga nkoranyambaga mu masaha ya mu gitondo ku wa 22 Gashyantare 2021 ko Ambasaderi yishwe, mu gihe bwari bugitegereje ubutumwa bwemeza isubikwa ry’urugendo rwa mbere. Nyuma yo kubigenzura neza, bwamenye ko byabereye mu muhanda Goma-Rutshuru, ari mu modoka za PAM kandi bitarigeze bivugwa mu butumwa bwoherejwe mbere.”

Icyo gihe ngo hahise hahamagarwa ubuyobozi bushinzwe Protocole ya Leta ku kibuga cy’indege cya N’djili ngo hamenyekane niba Ambasaderi yarahanyuze nk’uko yari yabanje kubisaba, ariko abayobozi baho bavuga ko batigeze bamubona ajya kurira indege.

Kugeza ubu hakomeje kwibazwa niba koko Ambasaderi Attanasio yari mu butumwa bwemewe na Leta, bigahuzwa n’uko butigeze bumenyeshwa inzego z’umutekano ku rwego rw’Igihugu cyangwa rw’Intara, ngo bamuhe umutekano ujyanye n’ibibazo byari mu nzira Goma-Rutshuru.  

PAM yo ivuga ko yari yamenyeshejwe ko ishobora gukora urugendo idakeneye umutekano uhambaye.

Perezida Felix Tshisekedi aheruka gutegeka ko nta mudiplomate uzongera kurenga Umurwa mukuru Kinshasa atabisabIYe uburenganzira, ngo harebwe niba nta kibazo kiri mu nzira yerekejemo.

U Butaliyani buheruka gutangiza iperereza kuri ubwo bwicanyi bwafashwe nk’igikorwa cy’iterabwoba.

TAGGED:ButaliyanifeaturedLuca Attanasio
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Karongi ‘Umuryango Wari Uzimye’ Habura Gato!
Next Article Nicholas Sarkozy Arakatirwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?