Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugendo Shuri Rwo Kubohora U Rwanda Rurasubukuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urugendo Shuri Rwo Kubohora U Rwanda Rurasubukuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2021 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igisirikare cy’u Rwanda kigiye  ‘kongera’ gufasha abantu mu rugendo shuri rwerekana hamwe mu hantu h’ingezi abahoze mu mutwe wa gisirikare witwaga Rwanda Patriotic Army(RPA)  baciye babohora u Rwanda.

Ni urugendo bise RPA Liberation War Study Tour rugomba kumara iminsi ine, ni ukuvuga guhera tariki 15 kugeza tariki 18, Mata, 2021.

Intego y’uru rugendo ni ukongerera abantu ubumenyi bwerekeye uko abahoze muri RPA bagize umuhati n’ubutwari bwo kubohora u Rwanda ariko mu bibazo byinshi bijyanye n’urugamba.

Abazitabira uru rugendo barimo abanyeshuri n’abandi basirikare batoranyijwe.

Ikindi kigamijwe muri uru rugendo shuri ni ukwereka abasirikare ubutwari bwaranze bakuru babo bityo bakumva ko ubutwari ari bwo nkingi mwikorezi y’igisirikare cy’u Rwanda.

Uru rugendo ruzakorerwa mu Ntara y’i Burasirazuba mu duce twa Kagitumba, Nyabweshongezi,  Ryabega,  Nyagatare, Gabiro, Kaborogota ndetse no mu Majyaruguru mu duce twa  Mulindi, Gicumbi, Butaro, Nyamagumba, Musanze n’ahandi.

Urugendo nk’uru si ubwa mbere rukozwe kuko uruheruka rwabaye muri 2019 ruyoborwa n’abarwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda barimo na CG George Rwigamba.

CG George Rwigamba yari mu bayoboye urugamba mu Burasirazuba bw’u Rwanda( Photo@Muzogeye)

Ruriya rugendo rwabaye tariki 02, Nyakanga, 2019.

Rwigamba nk’umwe mubari abayobozi b’ingabo z’Inkotanyi mu Ntara y’i Burasirazuba yeretse abari bitabiriye ruriya rugendo uko urugamba rwagenze, aho baciye, ibibazo bahuye nabyo n’uko babyigobotoye.

Abandi batanze ubuhamya bw’uko ruriya rugamba rwagenze barimo Col Ludovic  Twahirwa Dodo, Gen Fred Ibingira, Gen Sam Kaka, Gen James Kabarebe na Gen Nzaramba.

Gen Gisa Fred Rwigema, Intwari y’u Rwanda
TAGGED:featuredInkotanyiRwandaUrugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ari Minisitiri w’Intebe W’U Bufaransa Muri 1994 Ngo Ntacyo Yicuza
Next Article Abakuru Bamenye Ko Umurage Basigira Abato Ari Ukubigisha Amateka Nyayo-Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?