Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama iherutse guhuza ba Minisitiri w’Ibikorwaremezo b’u Burundi, u Rwanda na Tanzania yatangaje ko bitarenze Ugushyingo, 2022  imirimo yo kubaka Urugomero ruvuguruye rwa Rusumo izaba yarangiye.

Icyizere gitangwa na ziriya nzego kivuga ko mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira, amashanyarazi azatangwa na ruriya rugomero azatangira gusaranganywa hagati y’u Burundi, u Rwanda na Tanzania.

Ku ikubitiro, uyu mushinga wagombaga kuba warangiye mu mwaka wa 2021 ariko Guverinoma z’ibi bihugu zitangaza ko ugomba kwigizwa imbere kubera ko COVID-19 yawugizeho ingaruka.

Minisitiri ushinzwe ingufu muri Tanzania witwa Yusuf Makamba, avuga ko we na bagenzi be biyemeje ko uriya mushinga ugomba kuzaba wararangiye mu mpera z’uyu mwaka (2022) byanze bikunze.

Ati: “   Mu Ugushyingo uyu mwaka imashini za mbere zitanga amashanyarazi zizaza zararangije gushyirwa mu ruganda zitangire kugira amashyarazi amwe zitanga hanyuma imirimo ya nyuma yo kurwuzuza mu buryo budasubirwaho izarangire mu mwaka wa 2023.”

Mu mezi make ashize, abagenzuzi b’Imari ya Leta y’u Rwanda, iy’u Burundi n’iya Tanzania bahuriye i Kigali basuzumira hamwe icyatumwe uriya mushinga wa Miliyoni $468 utararangiriye igihe.

Babwiye itangazamakuru ko imwe mu mpamvu zabiteye ari uko wizwe nabi, ugenerwa amafaranga macye.

Ni amafaranga yari yaratanzwe ku nguzanyo ya Banki y’Isi na Banki Nyafurika y’Iterambere.

Ibintu nibigenda nk’uko byateganyijwe, ruriya rugomero rizatanga Megawatts 80 zizaba ari inyongera y’ingirakamaro ku muriro u Rwanda rwari rusanganywe kandi ukazarufasha kugera ku ntego ya Guverinoma y’uko mu mwaka wa 2024 ingo zose z’abarutuye zizaba zicaniwe.

Ni umushinga wagombaga gucukura umuhora wa metero 150 zifite umwobo ntambike( tunnel) wa metero 460 urimo ibyuma bifite ubushobozi bwo kubyara 3*30MW  byitwa Kaplan turbines.

Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Avuga Ko Kuzuza Urugomero Rwa Rusumo Bitazagerwaho Ku Gihe

TAGGED:RusumoUrugomero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ababikira Bane Bashimuswe
Next Article Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abatarahererekanya Ibinyabiziga Babikore Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?