Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhinja Rw’Umunyarwanda ‘Rufungiwe ’ Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uruhinja Rw’Umunyarwanda ‘Rufungiwe ’ Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 August 2022 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziravugwaho gufata zigafunga Abanyarwanda batandatu barimo abagore bane n’abana babiri b’abahungu barimo n’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abo bagore harimo w’imyaka 65, uw’imyaka 30, uw’imyaka 26 n’uw’imyaka 24.

Amakuru avuga ko bafatiwe mu kibaya kigabanya u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo barimo gutashya inkwi binjira ku butaka bw’ikindi gihugu. Ni ikibaya kiri mu nsi y’ikirunga cya Nyiragongo.

Bafashwe Taliki 22 Kanama 2022. Undi mwana w’umuhungu wafashwe we afite imyaka irindwi y’amavuko.

Nyuma y’uko iyo nkuru ibaye gikwira, ubuyobozi bwahamagaje abaturage bubasaba kwirinda kunyura muri kiriya kibaya kubera impamvu z’umutekano wabo ndetse no kuba bashobora kurenga ubutaka bw’igihugu cyabo bakinjira mu bw’ikindi kandi bitemewe.

Ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda, Umuyobozi wa Batayo ya 63 witwa  Major Gatete Marcel yasabye abaturage kujya bashishoza ndetse abasaba kuzinukwa kuzongera guca muri kiriya kibaya.

Ati: “Ikibaya mukibagirwe! Ni inzira munyuramo zitemewe bikarangira mushyize igihugu mu bibazo byo gukurikirana icyaba cyababayeho iyo mu mahanga. Ikibaya mugerageze mugitere umugongo ibyo mukora mubikorere iwanyu mu Rwanda.”

Yibukije abaturage ko u Rwanda rufite umwanzi ukomeye mu mashyamba ya Congo ari nayo mpamvu abaturage bashaka kwambuka bajya bakoresha umupaka uzwi aho gukoresha iz’ubusamo.

Kambogo Ildephonse uyobora Rubavu nawe yunze mu rya Major Gatete.

Ati “Murahinga mukeza, ni gute mudatekereza ngo mwigirire icyizere umutima wanyu muwushyire ku Rwanda ahubwo ugakomeza kuba hakurya iyo?”

Yabibukije ko iyo bambutse umupaka mu buryo butemewe baba bashyize ubuzima bwabo mu kaga kuko ushinzwe umutekano atamenya gutandukanya umuturage usanzwe n’umwanzi w’igihugu cye.

Ingabo za DRC zikimara gufata bariya Banyarwanda ngo zabajyanye kubafungira ku Biro by’Agace k’ibikorwa bya gisirikare ka 34 kari i Goma.

Barakekwaho kuba intasi.

IGIHE cyanditse ko hari amakuru avuga ko ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziri kwaka u Rwanda  amafaranga menshi kugira ngo abaturage barwo barekurwe.

Taliki 28, Gicurasi, 2022 Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yasohoye  itangazo ryavugaga  ko abasirikare FARDC bafatanyije na FDLR bashimuse abasirikare b’u Rwanda babiri.

Ibi byabaye ari ku wa Mbere taliki 23, Gicurasi, 2022.

Itangazo rya RDF ryavugaga ko kiriya gikorwa ari icy’ubushotoranyi, bise mu Cyongereza ‘provocative aggression.’

Ingabo z’u Rwanda ryavugaga ko bariya basirikare bari  Cpl Nkundabagenzi Elysée na  Pte Ntwari Gad, bakaba barashimuswe ngo bari k’umupaka w’u Rwanda bacunga umutekano.

Icyakora baje kurekurwa bagaruka mu Rwanda.

TAGGED:DRCfeaturedRubavuRwandaUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Umuntu Wari Usigaye Ku Isi WENYINE Mubo Bahuje Ubwoko WAPFUYE
Next Article I&M Bank Rwanda Ikomeje Kunguka Umwaka Ku Wundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?