Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhinja Rw’Umunyarwanda ‘Rufungiwe ’ Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uruhinja Rw’Umunyarwanda ‘Rufungiwe ’ Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 August 2022 7:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziravugwaho gufata zigafunga Abanyarwanda batandatu barimo abagore bane n’abana babiri b’abahungu barimo n’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abo bagore harimo w’imyaka 65, uw’imyaka 30, uw’imyaka 26 n’uw’imyaka 24.

Amakuru avuga ko bafatiwe mu kibaya kigabanya u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo barimo gutashya inkwi binjira ku butaka bw’ikindi gihugu. Ni ikibaya kiri mu nsi y’ikirunga cya Nyiragongo.

Bafashwe Taliki 22 Kanama 2022. Undi mwana w’umuhungu wafashwe we afite imyaka irindwi y’amavuko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’uko iyo nkuru ibaye gikwira, ubuyobozi bwahamagaje abaturage bubasaba kwirinda kunyura muri kiriya kibaya kubera impamvu z’umutekano wabo ndetse no kuba bashobora kurenga ubutaka bw’igihugu cyabo bakinjira mu bw’ikindi kandi bitemewe.

Ku ruhande rw’ingabo z’u Rwanda, Umuyobozi wa Batayo ya 63 witwa  Major Gatete Marcel yasabye abaturage kujya bashishoza ndetse abasaba kuzinukwa kuzongera guca muri kiriya kibaya.

Ati: “Ikibaya mukibagirwe! Ni inzira munyuramo zitemewe bikarangira mushyize igihugu mu bibazo byo gukurikirana icyaba cyababayeho iyo mu mahanga. Ikibaya mugerageze mugitere umugongo ibyo mukora mubikorere iwanyu mu Rwanda.”

Yibukije abaturage ko u Rwanda rufite umwanzi ukomeye mu mashyamba ya Congo ari nayo mpamvu abaturage bashaka kwambuka bajya bakoresha umupaka uzwi aho gukoresha iz’ubusamo.

Kambogo Ildephonse uyobora Rubavu nawe yunze mu rya Major Gatete.

- Advertisement -

Ati “Murahinga mukeza, ni gute mudatekereza ngo mwigirire icyizere umutima wanyu muwushyire ku Rwanda ahubwo ugakomeza kuba hakurya iyo?”

Yabibukije ko iyo bambutse umupaka mu buryo butemewe baba bashyize ubuzima bwabo mu kaga kuko ushinzwe umutekano atamenya gutandukanya umuturage usanzwe n’umwanzi w’igihugu cye.

Ingabo za DRC zikimara gufata bariya Banyarwanda ngo zabajyanye kubafungira ku Biro by’Agace k’ibikorwa bya gisirikare ka 34 kari i Goma.

Barakekwaho kuba intasi.

IGIHE cyanditse ko hari amakuru avuga ko ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziri kwaka u Rwanda  amafaranga menshi kugira ngo abaturage barwo barekurwe.

Taliki 28, Gicurasi, 2022 Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yasohoye  itangazo ryavugaga  ko abasirikare FARDC bafatanyije na FDLR bashimuse abasirikare b’u Rwanda babiri.

Ibi byabaye ari ku wa Mbere taliki 23, Gicurasi, 2022.

Itangazo rya RDF ryavugaga ko kiriya gikorwa ari icy’ubushotoranyi, bise mu Cyongereza ‘provocative aggression.’

Ingabo z’u Rwanda ryavugaga ko bariya basirikare bari  Cpl Nkundabagenzi Elysée na  Pte Ntwari Gad, bakaba barashimuswe ngo bari k’umupaka w’u Rwanda bacunga umutekano.

Icyakora baje kurekurwa bagaruka mu Rwanda.

TAGGED:DRCfeaturedRubavuRwandaUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Umuntu Wari Usigaye Ku Isi WENYINE Mubo Bahuje Ubwoko WAPFUYE
Next Article I&M Bank Rwanda Ikomeje Kunguka Umwaka Ku Wundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?