Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urujijo Muri Uganda Nyuma Y’Uko Intare Esheshatu Zisanzwe Zapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urujijo Muri Uganda Nyuma Y’Uko Intare Esheshatu Zisanzwe Zapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2021 9:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego zishinzwe kurengera ibidukikije muri Uganda zasanze intare esheshatu zapfuye, inzego zirimo polisi zikaba zatangiye kubikoraho iperereza.

Izo ntare zabonetse muri Pariki y’Igihugu yitiriwe Queen Elizabeth zaciwe imitwe n’amajanja.

Icyateye ubwoba ababibonye ni uko iruhande rw’imirambo y’izo ntare bahasanze inkongoro zapfuye, bikekwa ko izo ntare zahawe uburozi, ari nabwo bwishe ibyo bisiga.  

Ikigo gishinzwe kurengera urusobe rw’ibinyabuzima muri Uganda (UWA) cyavuze ko bishobora kuba byakozwe n’abashimuta inyamaswa.

Izo ntare zizwiho ubushobozi budasanzwe bwo kurira ibiti.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UWA, Bashir Hangi, yatangaje ko bababajwe n’ubwo bwicanyi, cyane ko ubukerarugendo ari urwego rukomeye mu gihugu, rwinjiza nibura 10% by’umusaruro rusange w’igihugu.

Ati “UWA yamaganye bikomeye iyicwa ry’inyamanswa mu buryo butemewe n’amategeko kuko ritagira ingaruka mbi gusa ku bukerarugendo bwacu nk’igihugu, ahubwo zigera no ku mafaranga akwiye kwinjizwa kandi afasha mu gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije n’abakora mu byanya bibungabunzwe.”

Si ubwa mbere habaho ibibazo by’impfu z’inyamaswa muri iyo pariki.

Muri Mata 2018, Intare 11 zirimo ibyana umunani zapfuye mu buryo byaketswe ko zarozwe.

Ibintu nk’ibyo nanone byateye impfu z’intare eshanu muri Gicurasi 2010.

TAGGED:featuredUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabire Grace Yegukanye Ikamba Rya Miss Rwanda 2021
Next Article Miss Rwanda 2021: Abakobwa Batahanye Miliyoni Zisaga 65 Frw
1 Comment
  • Kidamage says:
    21 March 2021 at 3:01 pm

    Ni ba rushimusi nta bandi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?