Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2021 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tariki 21, Ukuboza, 2020 Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru yavuze ko u Rwanda ruzakora uko rushoboye rukaba mu bihugu bya mbere bizabona urukingo rwa COVID-19.

Bidatinze inzego z’u Rwanda zishinzwe ubuzima zatangaje ko mu gihe kitarenze icyumweru, ikiciro cya mbere cy’urukingo rwa COVID-19 kizaba cyageze mu Rwanda.

Hateganyijwe ko abaturage bagera kuri miliyoni bazahabwa ruriya rukingo mu mpera za Mutarama, 2021.

Mu mbwirwaruhame yageze kugeza kuri bagenzi be bayobora ibindi bihugu Perezida  Kagame yasabye ko urukingo rwa COVID-19 ruzasaranganya neza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko uburyo bwiza bwo kurutanga ari ukuruha abarukeneye kurusha abandi.

Kugeza ubu Leta y’u Rwanda uvuga ko izakenera miliyoni 124  z’amadolali ($124m) kugira ngo ikingire 60% by’Abanyarwanda. Urukingo rumwe rugura $19.

Umuyobozi mukuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, aherutse kubwira ikinyamakuru The New Times ko u Rwanda rwatumije inkingo miliyoni imwe  kandi ko bitarenze Gashyantare, 2021 zizaba zahageze.

Yasabye Abanyarwanda kumva ko ‘igihe icyo aricyo cyose’ bashobora gutangira gukingirwa.

Yagize ati: “Kugeza ubu abantu bazahabwa inkingo bwa mbere ni abakora mu buvuzi, abita ku banduye kiriya cyorezo, abantu basanzwe barwaye indwara nka cancers, diyabete, sida n’izindi ndwara zizahaza ubudahangarwa bw’abazanduye.”

- Advertisement -

Yunzemo ko abandi bazazihabwa ku ikubitiro ari abantu bafite imyaka irenze 65 y’amavuko, abagororwa, impunzi n’abandi bafite ibyago byo kuba bakwandura nka abapolisi n’abandi.

Abantu bazaterwa ruriya rukingo mu rushinge kabiri mu byumweru bitatu.

Dr. Nsanzimana avuga ko ziriya nkingo zizagezwa mu Rwanda mu ndege ariko ko kuzitwara bisaba kwitwararika ndetse n’aho kuzibika hakaba ahantu hihariye.

Iza mbere zizabikwa mu bukonje buri munsi ya dogre serisiyusi 70 (-70 Celsius) kandi haguzwe ibyuma bifite ubushobozi  bwo kuzikonjesha ku kigero cya -80°C.

Urukiko rwa COVID-19

Ikindi ngo ni uko hari ibindi byuma bito byazanywe bishobora kwimurwa mu turere kugira ngo RBC ikingire abantu b’aho mu cyumweru cyangwa mu minsi runaka.

RBC ivuga ko yateguye abantu bazi neza aho gutera urushinge, kugira ngo batazahusha bakagira ibyo bangiza.

Dr. Nsanzimana yabwiye The New Times ko u Rwanda rwakoranye na gahunda ya COVAX bikazatuma  ruzagabanyirizwa 20%  by’igiciro cy’inkingo zose ruzagura.

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 ni ubwa mbere u Rwanda rwaraye rupfushije abantu benshi (icyenda) bazira iriya ndwara.

Kugeza ubu Rwanda rumaze gupfusha abantu 162.

Abantu bose bamaze kwandura COVID-19 kuva icyorezo cyagera mu Rwanda ni 12,170 ariko abakize ni 7,973 ni ukuvuga ko abasigaye barwaye  ari 4,035.

COVAX ivugwa ni iki?

COVAX ni izina ryahawe ubufatanye mpuzamahanga bugamije gufasha abatuye isi kubona urukingo rw’icyorezo COVID-19.

Ubu bufatanye bwatangiwe muri MATA, 2020, bukaba buyobowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Bufaransa.

Buhuriwe na za guverinoma, imiryango mpuzamahanga yita ku buzima, abikorera ku giti cyabo, sosiyete sivili n’abakire b’abagira neza.

Intego ni ugufasha abatuye isi, cyane cyane abafite amikoro make, kwisuzumisha no guhabwa urukingo rw’icyorezo COVID-19.

TAGGED:COVID-19featuredKagameNsanzimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Icyumba Abanyeshuri Bararamo Cyahiye
Next Article Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
2 Comments
  • Mahoro says:
    24 January 2021 at 10:10 am

    Nibyo se ? Kandi mbona aha bitazaba byoroshye ku mugabane wa Afrika: https://www.bbc.com/gahuza/amakuru-55764587

    Reply
  • Danielunior says:
    21 April 2021 at 2:10 am

    home equity loans
    fast cash advance payday loan

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?