Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urushyi Will Smith Yakubise Umunyarwenya Chris Rock Rumukozeho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Urushyi Will Smith Yakubise Umunyarwenya Chris Rock Rumukozeho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2022 9:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukinnyi wa Filimi uri mu bakomeye ku isi witwa Will Smith yaraye yeguye mu itsinda ry’abagize inama itanga ibihembo by’abakinnyi ba Filimi ryitwa Academy of Motion Picture Arts & Sciences.

Yavuze ko yabitewe n’uko kuba aherutse gukubita  urushyi umunyarwenya uri mu bazwi kurusha abandi ku isi witwa Chris Rock byamukojeje isoni kandi ngo yasanze ibyo yakoze bitari bikwiye.

Ngo ni igikorwa kigayitse kidakwiye umuntu w’umugabo.

Ubwo hatangwaga ibihembo bya Oscar taliki 27, Werurwe, 2022, umukinnyi wa Filimi Will Smith yegereye umunyarwenya Chris Rock amukubita urushyi rurirangira, igikuba gicika mu babirebaga!

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Will Smith yamukubise urushyi nyuma y’uko uyu mugabo yari ateye urwenya ku miterere y’umusatsi w’umugore wa Smith witwa Jada Pinkett Smith.

Nyuma yo gukubitwa urushyi yumvise aguye mu kantu

Smith yaraye abwiye imwe muri televiziyo zikorera muri Amerika ko bibabaje kuba yarakubise uriya mugabo bityo ko ibyo yakoze bidakwiye kwihanganirwa ndetse ngo yiteguye n’ingaruka bizamugiraho.

Yavuze ko abandi bakinnyi ba filimi bamubonye akubita uriya mugabo urushyi, baguye mu kantu kandi ngo baramurakariye cyane.

Si bo bonyine barakaye, kuko n’abafana ba Chris Rock bari bagiye guhaguruka ngo bakosore Will Smith ariko Rock arababuza.

Nyuma yo kubona ko ibyo yakoze bitari bikwiye kandi akaba yumva umutimanama we umucira urubanza, Wil Smith yahisemo kwegura mu Nama nkuru y’abayobozi batanga ibihembo muri Academy of Motion Picture Arts & Sciences.

- Advertisement -

Yatangaje kandi ko yiteguye kwemera izindi ngaruka zose zizabikurikira.

Birashoboka koko ko izo ngaruka ziri hafi kumugeraho kuko abagize Inama Nkuru y’ubuyobozi ya kiriya kigo baherutse guterana ngo basuzume niba nta bihano Smith yafatirwa kuko yarenze nkana ku mahame agenga abagize iriya Nama.

Ibaruwa w’ubwegure bwa Will Smith muri iriya Nama yasohotse kuri uyu wa Gatanu, ibonwa bwa mbere n’ikinyamakuru kitwa Variety.

Harimo igika kigira kiti : “ Urutonde rw’abo nababaje ni rurerure kandi harimo na Chris. Harimo kandi inshuti zanjye n’abavandimwe ndetse n’abakunzi banjye n’aba Chris bari hirya no hino ku isi bari bakurikiye ubwo nakoraga ririya kosa.”

Avuga ko yarengereye akica amabwiriza agenga imyitwarire y’abagize Akanama kayobora Academy of Motion Picture Arts & Sciences.

Will Smith w’imyaka 53 y’amavuko avuga ko agiye kwicara agatekereza uko yahindura imigirire, akemera ko gutekereza neza no gushyira mu gaciro byagombye kurenga amarangamutima ye akunze gutuma yitwara nabi mu bandi.

Abagize Academy of Motion Picture Arts & Sciences bo bemeye ubwegure bwa Will Smith,  bavuga ko kwegura kwe bitari bubabuze gukomeza gutekereza ku bindi bihano yafatirwa.

Hari amakuru avuga ko imwe mu ngaruka Will Smith ari buhure nazo bidatinze harimo iy’uko umushinga we yise ‘Emancipation’ yari buzaterwemo inkunga na Apple ushobora guhagarara.

Ikindi kibi kurushaho ni uko ashobora no kutazongera guhabwa amahirwe yo gukina indi filimi iyo ari yo yose.

Icyakora, abayobozi b’ibigo bikinisha abantu filimi babaye birinze kugira icyo babivugaho kuko na Academy of Motion Picture Arts & Sciences itarafata imyanzuro

Bategereje ko bariya bayobozi bafata ibyemezo bya nyuma kugira ngo nabo babone aho bahera bafatira Smith ibihano.

Uyu mukinnyi wa filimi yiteguraga no gutangira ikindi kiciro cya filimi yiswe Bad Boys.

Hari andi makuru atangazwa na TMZ avuga ko Polisi iteganya gufata Will Smith akagezwa imbere y’ubugenzacyaha akurikiranyweho gukubitira umuntu mu ruhame.

Ku ruhande rw’uwakubiswe, ni ukuvuga Chris we avuga ko abagize Academy of Motion Picture Arts & Sciences ari bo bazanzura icyo bakwiye gukora.

Yirinze kugira byinshi atangaza ku bamusaba kugira icyo avuga.

Rock yirinze no gusaba Polisi y’i Los Angeles kugira icyo ibikoraho, avuga ko ibyo biri mu mahitamo yabo.

Polisi yo ivuga ko Chris Rock naramuka yifuje ko hatangira iperereza ndetse agahabwa raporo y’ibyarivuyemo, icyifuzo cye kizubahirizwa.

TAGGED:ChrisfeaturedFilimiIbaruwaJadaSmithUmukinnyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto:Uko Inzu Nini Yiswe INZOVU Igiye Kubakwa I Kigali Izaba Iteye
Next Article Hasomwe Misa Yo Kwibuka Prof Paul Farmer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?