Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruzinduko Rwa Minisitiri W’Intebe W’U Rwanda Mu Burundi Ruvuze Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uruzinduko Rwa Minisitiri W’Intebe W’U Rwanda Mu Burundi Ruvuze Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 July 2021 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva mu mwaka wa 2015 ni ubwa mbere Umuyobozi mukuru ku rwego rwa Minisitiri w’Intebe mu Rwanda asuye u Burundi. Byabaye kuri uyu wa Kane tariki 01, Nyakanga, 2021 ubwo Dr Edouard Ngirente yitabiraga umuhango  wo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge bw’u Burundi.

U Rwanda n’u Burundi ni ibihugu byaturanye kuva kera kandi bifite byinshi bihuriyeho.

Mu muco, mu rurimi no mu migirire, hari ibintu byinshi bihuza Abanyarwanda n’Abarundi k’uburyo hari abavuga ko ari abavandimwe, ko ari bene mugabo umwe.

N’ubwo kuva mu mwaka wa 2015 kugeza mu mezi make ashize, umubano w’ibihugu byombi utabaye mwiza, muri iki gihe hari ibigaragaza ko ibintu bigenda bisubira mu buryo buhoro buhoro.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Ambasaderi Albert Shingiro aherutse mu Rwanda ahura na mugenzi we Dr Vincent Biruta baganira uko ibihugu byombi byasubukura umubano binyuze mu gukuraho ibyatumaga habaho umwuka mubi.

Icyo gihe, Shingiro yasabye mugenzi we w’u Rwanda Dr Biruta kuzasura u Burundi.

Si abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga gusa baganiriye ahubwo n’abasirikare bayobora ubutasi bwa gisirikare mu bihugu byombi nabo barahuye.

Umwarimu wa Kaminuza wigisha Politiki mpuzamahanga Dr Buchanan Ismael avuga ko kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yaritabiriye isabukuru yo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi ari intambwe nziza.

Avuga ko n’ubwo ari intambwe nziza, ariko igomba gusigasirwa hakarebwa niba izaramba.

Ati: “Uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe Nyakubahwa Edouard Ngirente mu Burundi ni intambwe nziza mu mubano w’ibihugu byombi ariko abantu bagomba gutegereza niba izakomeza.”

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye  nawe yashimye ko  Perezida Paul Kagame yohereje intumwa mu birori by’ubwigenge bw’u Burundi, abigereranya ni igitangaza.

Yavuze ko bigaragaza icyerekezo cyiza cy’umubano.

Kuri uyu wa 1 Nyakanga mu Burundi hizihijwe isabukuru w’imyaka 59 y’Ubwigenge, hibukwa ubwo mu 1962 bwigobotoraga abakoloni b’Ababiligi. Ibirori byabereye muri Stade Ingoma mu murwa mukuru, Gitega.

Abandi bashyitsi bitabiriye uriya muhango ni Perezida Faustin Archange Touadéra uyobora Centrafrique,  Minisitiri w’Intebe wa Tanzania Kassim Majaliwa, ageze kuri Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente n’abandi.

U Rwanda n’u Burundi bifitanye umubano mubi aho bwakomeje kurushinja gucumbikira abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza. U Rwanda rurabihakana, ahubwo rugashinja u Burundi gucumbikira abagamije kuruhungabanyiriza umutekano.

TAGGED:BurundifeaturedNdayishimiyeNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibibazo Bikomeye Byaba Byirukanishije Byigero Wayoboraga WASAC
Next Article Hafi Y’imva Y’Umuhanuzi Samuel Wo Muri Bibiliya Hakongotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?