Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: USA: Hagiye Kuba Umuhango Wo Gusezera Kuri Padiri Ubald Rugirangoga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

USA: Hagiye Kuba Umuhango Wo Gusezera Kuri Padiri Ubald Rugirangoga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2021 3:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mubo mu muryango wa nyakwigendera Padiri Ubald Rugirangoga yabwiye Taarifa ko tariki 27 na 29, Mutarama, 2021 i Utah hateguwe umuhango uzabera Online wo gusezera kuri  Padiri Ubald Rugirangora.

Kugeza ubu umurambo wa Padiri Ubald Rugirangoga uracyari muri USA ariko ibyangombwa by’uko yakoherezwa mu Rwanda nibirangiza gushyikirizwa Ambasade y’u Rwanda azazanwa mu Rwanda ashyingurwa i Rusizi ahitwa Ibanga ry’Amahoro.

Amakuru Taarifa ikesha abo mu muryango wa Ubald Rugirangoga avuga ko kuba yaratinze koherezwa mu Rwanda ngo ashyingurwe byatewe n’ibibazo bya Politiki bihamaze iminshi, bikaba byaratumye hari serivisi zigenda gahoro.

Ikigo gishinzwe ibyo gushyingura abantu muri USA kitwa Fineral Home nicyo kitihutishije guha ibyangombwa Ambasade y’u Rwanda muri USA kugira ngo ibinoze bityo umurambo wa Padiri Ubald Rugirangoga ubone koherezwa mu Rwanda.

Umuhango wo kumusezeraho muri USA uzaba hagati ya tariki 27 na 29, Mutarama, 2021 ubere mu rugo rw’Umuzungukazi wo muri USA witwa Katsey Long.

Ikindi ni uko hari Abanyarwanda baba muri Utah bazafatanya n’umuryango wuriya Munyamerikazi mu gusezera kuri Padiri Ubald Rugirangoga.

Ubald Rugirangoga yari umwe mu bapadiri bazwi cyane mu Rwanda kubera ubutumwa bwo gutanga imbabazi yakunze gutambutsa, avuga ko ibyiza ari ukubabarira kurusha kugira inzika.

Nawe hari abo yababariye bamwiciye abe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, iwabo mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.

Yavugaga ko ubutumwa bwo kubabarira yabuhawe na Yezu Kristu ubwo yajyaga i Lourdes mu Bufaransa.

Rugirangoga yavugaga ko Yezu yamusabye kwigisha ivangili yomora imitima, kubabarira no kwimakaza ubwiyunge.

Yari asanzwe ari umwe mu barinzi b’igihango.

TAGGED:featuredRugirangogaRwandaUbaldUSAUtah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru w’Icyamamare Ku Isi Larry King YAPFUYE
Next Article CAR: Inyeshyamba Zugarije Umurwa Mukuru Bangui
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?