Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: USA: Muganga Aravugwaho Kwiba Inkingo 9 Za COVID-19 Agakingira Abe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

USA: Muganga Aravugwaho Kwiba Inkingo 9 Za COVID-19 Agakingira Abe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2021 6:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Hasan Gokal wakoraga mu bitaro biri Houston muri Texas yatawe muri yombi na Polisi nyuma y’iperereza yari imaze iminsi imukoraho ry’uko yibye inkingo icyenda za COVID-19 agakingira abo mu muryango we n’inshuti ze.

Polisi ivuga ko yibye ziriya nkingo tariki 29, Ukuboza, 2020, akaba yarazibye mu kigo kitwa Harris County Public Health aho yakoraga.

Itangazo ryo gufatwa kwe ryasohowe n’Umugenzacyaha wo muri ako agace witwa Kim Ogg.

 ‘Bazivamo’ ni izina ry’Umunyarwanda…

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugira ngo bimenyekane ko Dr Gokal yibye ziriya nkingo byatewe n’uko yabiteyemo igiparu ubwo yaganiraga na mugenzi we bakoranaga.

Uyu amaze kurita mu gutwi yabimenyesheje ubuyobozi bw’ikigo akorera nabwo bubibwira Polisi ihita itangira iperereza bucece.

Nyuma yo kubona ibimenyetso bifatika, uriya muganga yirukanywe mu kazi nyuma atabwa muri yombi.

Habanje kwibwa udupfukamunwa none bigeze mu nkingo za COVID-19

Mu mpera za 2019 no mu ntangiriro za 2020 ubwo COVID-19 yadukaga henshi ku isi iturutse mu Bushinwa, hari amakuru yatangajwe ko hari udupfukamunwa twibiwe ku bibuga by’indege kugira ngo tujyanwe mu bihugu nk’u Butaliyani n’ahandi.

- Advertisement -

Muri ibyo bihe agapfukamunwa kari ‘imari ishyushye’ hirya no hino ku isi.

Muri iki gihe urukingo rw’iki cyorezo rwabonetse birasa n’aho ari indi mari ishyushye  ndetse kurusha udupfukamunwa kandi birashoboka ko n’ahandi ku isi hazaboneka abantu bashaka kutwiba.

Abakora mu buvuzi no mu mutekano bagomba gukomeza kuba maso!

Ivomo:The Mirror

TAGGED:ButaliyaCOVID-19PolisiUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Uvugwaho ‘Kugeragerezwaho’ Icyaha Cyo Gusambanywa Yari Mu Rugo Rw’Ugikekwaho
Next Article AMAVUBI Yihagazeho Anganya Na Marocco, Ese Atsinzwe Yagombora?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?