Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Usta Kayitesi Yasigiye Uwicyeza Inshingano Z’Imiyoborere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Usta Kayitesi Yasigiye Uwicyeza Inshingano Z’Imiyoborere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2024 2:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Usta Kayitesi wari usanzwe uyobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere RGB yahererekanyije ububasha na mugenzi we Dr. Doris Uwicyeza ngo asigare ayobora iki kigo.

Kayitesi aherutse gusimbuzwa Uwicyeza nyuma y’igihe kirekire yari amaze ayobora RGB.

Yahakoze byinshi bamushima ariko muri iyi minsi ya vuba aha hari abavugaga ko icyemezo cyo gufunga insengero mu buryo bwa vuba vuba gisa n’icyari gihutiweho.

Pasiteri Antoine Rutayisire, umwe mu banyedini bakomeye mu Rwanda, yari yakinenze ariko aza kwigarura mu mvugo.

Ntibyatinze Perezida Kagame ubwo yarahizaga Minisitiri w’Intebe n’Abadepite avuga ko atanze ko abantu bashinga amadini mu buryo bukurikije amategeko ariko ashimangira ko atazemera abantu bayashinga mu kajagari.

Yareruye avuga ko azabirwanya, ko adashyigikiye akajagari ako ari ko kose.

Kagame yavuze ko abibwiraga ko adashyigikiye icibwa ry’ako kajagari bibeshya.

Nyuma yo kurahira, Dr. Uwicyeza yavuze ko azakora uko ashoboye agaha abaturage serivisi bakeneye cyane cyane ko ikigo  agiye kuyobora ari icy’imiyoborere.

Yabwiye mugenzi wacu Richard Kwizera ati: “ Nzakora uko nshoboye ngendere ku mahame y’imiyoborere myiza u Rwanda rusanzwe ruzwiho. Nzakomereza aho mugenzi wanjye nasimbuye yari agereje”.

Doris Picard Uwicyeza avuga ko azagerageza gukora nk’uko Perezida Kagame ahora asaba abayobozi kubigenza.

Ngo ntazicara ngo yumve ko yageze yo aterere agati mu ryinyo.

Bimwe mu byo Uwicyeza ashobora kuzahangana nabyo uwo asimbuye asize bitaranoga neza cyangwa se bishobora kuzongera kuzamo akajagari ni imikorere y’imiryango ya sosiyete sivile n’amadini.

Gushyira ku murongo imikorere y’itangazamakuru rikaba iry’umwuga kandi riteza imbere urikora nabyo biri mu byo uyu mugore wize amategeko agomba kuzatunganya.

TAGGED:featuredIkigoImiyoborereInshinganoKagameKayitesiUwicyeza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abantu 200 Baburiwe Irengero Nyuma Yo Kurohama
Next Article Gasabo: Inkongi Yatewe Na Gazi Yangije Byinshi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?