Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi

admin
Last updated: 18 November 2021 10:54 am
admin
Share
SHARE

Jérémie Blin wahoze ashinzwe ibikorwa bya Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, amushyikiriza kopi z’inyandiko zimwemerera guhagararira igihugu cye nka ambasaderi.

Blin yabaye mu Rwanda nka Chargé d’affaires guhera muri Nyakanga 2019 kugeza muri Nyakanga 2021 ubwo byemezwaga ko u Bufaransa bugiye kongera kugira ambasaderi mu Rwanda, nyuma y’imyaka myinshi.

U Bufaransa nta ambasaderi bwagiraga mu Rwanda kuva mu 2015, bijyanye n’umwuka utameze neza wakomeje kuranga ibihugu byombi mbere y’uko Perezida Emmanuel Macron yajyaga ku butegetsi.

Haje gushyirwaho Ambasaderi mushya, Antoine Anfré.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku wa 16 Ugushyingo Ambasaderi Blin yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro.

Yavuze ko atewe ishema no kuba yatanze kopi y’inyandiko ze, mbere yo kwakirwa na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro byibanze ku mubano hagati y’u Bufaransa n’u Burundi. Namwijeje umuhate wanjye mu guteza imbere uyu mubano mu nzego zose.”

Blin azi aka karere by’umwihariko ndetse na Afurika muri rusange kuko yakoze muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y‘u Bufaransa, mu biro bishinzwe Afurika yo hagati.

Yarebaga ku bihugu bya Angola, Cameroon, Centrafrique, Chad, Congo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Equatorial Guinea, Gabon na Sao Tomé and Principe.

- Advertisement -

Yanabaye umuyanama mu bya politiki muri ambasade y’u Bufaransa muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nabwo ashinzwe Afurika na Amerika y’Epfo.

Yanabaye umuyanama ushinzwe ubutwererane n’umuco muri Ambasade y’u Bufaransa muri Kenya.

Ambasaderi Blin na Minisitiri Albert Shingiro
Amb Blin yatanze kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Bufaransa mu Burundi
TAGGED:Albert ShingirofeaturedJérémie Blinu Bufaransau Burundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwanze Ko Nyiramasuhuko Afungurwa Atarangije Igihano
Next Article Umuyobozi w’Ubugenzacyaha Muri Kenya Ari Mu Mazi Abira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?