Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi

admin
Last updated: 18 November 2021 10:54 am
admin
Share
SHARE

Jérémie Blin wahoze ashinzwe ibikorwa bya Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, amushyikiriza kopi z’inyandiko zimwemerera guhagararira igihugu cye nka ambasaderi.

Blin yabaye mu Rwanda nka Chargé d’affaires guhera muri Nyakanga 2019 kugeza muri Nyakanga 2021 ubwo byemezwaga ko u Bufaransa bugiye kongera kugira ambasaderi mu Rwanda, nyuma y’imyaka myinshi.

U Bufaransa nta ambasaderi bwagiraga mu Rwanda kuva mu 2015, bijyanye n’umwuka utameze neza wakomeje kuranga ibihugu byombi mbere y’uko Perezida Emmanuel Macron yajyaga ku butegetsi.

Haje gushyirwaho Ambasaderi mushya, Antoine Anfré.

Ku wa 16 Ugushyingo Ambasaderi Blin yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro.

Yavuze ko atewe ishema no kuba yatanze kopi y’inyandiko ze, mbere yo kwakirwa na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro byibanze ku mubano hagati y’u Bufaransa n’u Burundi. Namwijeje umuhate wanjye mu guteza imbere uyu mubano mu nzego zose.”

Blin azi aka karere by’umwihariko ndetse na Afurika muri rusange kuko yakoze muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y‘u Bufaransa, mu biro bishinzwe Afurika yo hagati.

Yarebaga ku bihugu bya Angola, Cameroon, Centrafrique, Chad, Congo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Equatorial Guinea, Gabon na Sao Tomé and Principe.

Yanabaye umuyanama mu bya politiki muri ambasade y’u Bufaransa muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nabwo ashinzwe Afurika na Amerika y’Epfo.

Yanabaye umuyanama ushinzwe ubutwererane n’umuco muri Ambasade y’u Bufaransa muri Kenya.

Ambasaderi Blin na Minisitiri Albert Shingiro
Amb Blin yatanze kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Bufaransa mu Burundi
TAGGED:Albert ShingirofeaturedJérémie Blinu Bufaransau Burundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwanze Ko Nyiramasuhuko Afungurwa Atarangije Igihano
Next Article Umuyobozi w’Ubugenzacyaha Muri Kenya Ari Mu Mazi Abira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?