Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ahagarariye u Bufaransa Mu Rwanda Yoherejwe i Burundi

Last updated: 18 November 2021 10:54 am
Share
SHARE

Jérémie Blin wahoze ashinzwe ibikorwa bya Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, amushyikiriza kopi z’inyandiko zimwemerera guhagararira igihugu cye nka ambasaderi.

Blin yabaye mu Rwanda nka Chargé d’affaires guhera muri Nyakanga 2019 kugeza muri Nyakanga 2021 ubwo byemezwaga ko u Bufaransa bugiye kongera kugira ambasaderi mu Rwanda, nyuma y’imyaka myinshi.

U Bufaransa nta ambasaderi bwagiraga mu Rwanda kuva mu 2015, bijyanye n’umwuka utameze neza wakomeje kuranga ibihugu byombi mbere y’uko Perezida Emmanuel Macron yajyaga ku butegetsi.

Haje gushyirwaho Ambasaderi mushya, Antoine Anfré.

Ku wa 16 Ugushyingo Ambasaderi Blin yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro.

Yavuze ko atewe ishema no kuba yatanze kopi y’inyandiko ze, mbere yo kwakirwa na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro byibanze ku mubano hagati y’u Bufaransa n’u Burundi. Namwijeje umuhate wanjye mu guteza imbere uyu mubano mu nzego zose.”

Blin azi aka karere by’umwihariko ndetse na Afurika muri rusange kuko yakoze muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y‘u Bufaransa, mu biro bishinzwe Afurika yo hagati.

Yarebaga ku bihugu bya Angola, Cameroon, Centrafrique, Chad, Congo, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Equatorial Guinea, Gabon na Sao Tomé and Principe.

Yanabaye umuyanama mu bya politiki muri ambasade y’u Bufaransa muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nabwo ashinzwe Afurika na Amerika y’Epfo.

Yanabaye umuyanama ushinzwe ubutwererane n’umuco muri Ambasade y’u Bufaransa muri Kenya.

Ambasaderi Blin na Minisitiri Albert Shingiro
Amb Blin yatanze kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Bufaransa mu Burundi
TAGGED:Albert ShingirofeaturedJérémie Blinu Bufaransau Burundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwanze Ko Nyiramasuhuko Afungurwa Atarangije Igihano
Next Article Umuyobozi w’Ubugenzacyaha Muri Kenya Ari Mu Mazi Abira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?