Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ari Minisitiri w’Intebe W’U Bufaransa Muri 1994 Ngo Ntacyo Yicuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uwahoze Ari Minisitiri w’Intebe W’U Bufaransa Muri 1994 Ngo Ntacyo Yicuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2021 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bwana Edouard Balladur wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yakorwaga mu Rwanda yabwiye France  24 ko u Bufaransa butagombye kugira icyo bwicuza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yibaza impamvu abandi bo batagize icyo bakora hanyuma bikabazwa u Bufaransa nk’aho ari bwo bwonyine bwari mu Rwanda!

Balladur avuga ko atemeranya n’ibiherutse gutangazwa muri raporo y’abanyamateka iherutse gusohoka,  iyi raporo ikaba yemeza ko u Bufaransa bwagize ‘uruhare ruremereye’ muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Edouard Balladur yavuze ko ibishinjwa u Bufaransa bidashyize mu gaciro kuko atari bwo bwonyine bwarebereye Jenoside ubwo yakorerwaga Abatutsi muri 1994.

Ku runde rwe bwite, avuga ko umutimanama we utamucira urubanza kubera ibyabaye ku Batutsi muri 1994, ibi bikaba bitandukanye na Bwana AlainJuppé wahoze ashinzwe ububanyi n’amahanga muri Guverinoma yari ayoboye ubwo François Mitterand yari Perezida wa Repubulika.

Uyu mugabo avuga ko atazi mu by’ukuri uwahanuye indege ya Habyarimana ariko nanone akagaya abihutiye gushinja Inkotanyi kuyihanura bikirengagiza ko mu butegetsi bwayobora u Rwanda n’aho ibintu bitari shyashya!

Abafaransa bagize uruhare mu gutoza abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku byerekeye ibivugwa ko u Bufaransa bwanze gukumira abahoze muri Guverinoma yakoze Jenoside bashakaga guhungira muri Zaïre, Balladur yavuze ko kubakumira bitari biri mu nshingano z’ingabo z’igihugu cye.

Yamaganye abavuga ko igihugu cye cyagize intege nke mu guca intege abahoze muri Guverinoma yakoreye Abatutsi Jenoside mu Rwanda, avuga ko u Bufaransa bwanze gukora nk’umkoloni utegeka igihugu yakolonije icyo kigomba gukora.

TAGGED:BalladurBufaransaEdouardfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DCG Marizamunda Yagizwe Komiseri Mukuru Wa RCS, Ujeneza Yimurirwa Muri Polisi
Next Article Urugendo Shuri Rwo Kubohora U Rwanda Rurasubukuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?