Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ari Umugore Wa ‘Perezida’ Mugabe Ntayemeranya Na Leta Ya Zimbabwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ari Umugore Wa ‘Perezida’ Mugabe Ntayemeranya Na Leta Ya Zimbabwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 October 2021 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Grace Mugabe umupfakazi wa Robert Mugabe wahoze ayobora Zimbabwe yavuze ko atemeranya n’inkiko za kiriya gihugu ziherutse kwemeza ko umurambo w’uwahoze ari umugabo we utabururwa ugashyingurwa mu irimbi ry’intwari z’igihugu.

Robert Mugabe yatabarutse mu mwaka wa 2019 ashyingurwa ahitwa Kutama mu gace akomokamo.

Ni muri Kilometero 90 uturutse i Harare mu Murwa mukuru wa Zimbabwe.

Gushyingurwa kwe byabanje kuba ikibazo, abo mu muryango we bifuzaga ko yashyingurwa ku ivuko Leta ikifuza ko ashyingurwa mu irimbi ry’intwari z’igihugu.

Muri icyo gihe, Leta yari yatangiye umushinga wo kumwubakira imva yihariye.

Muri  Gicurasi, 2021 umwe mu bantu bakuru bo mu gace Mugabe akomokamo yavuze ko ibyo kumushyingura aho akomoka bitanyuze mu buryo bityo ko ababikoze bagomba guhinishwa amande.

Ayo mande yaciwe umugore we, Grace Mugabe, ategekwa gutanga inka eshanu n’ihene ebyiri ndetse ategeka ko umurambo wa Mugabe utabururwa.

Byabaye urubanza, bituma abana ba Robert Mugabe bajuririra kiriya cyemezo ariko urukiko rutesha ubujurire bwabo.

Urukiko rwavuze bariya bana badafite uburenganzira bwo kujurira kiriya cyemezo. Byatumye uwahoze ari umugore wa Robert Mugabe witwa Grace Mugabe ahita abyinjiramo.

Grace Mugabe yandikiye urukiko avuga ko icyemezo rwafashe kidashyize mu gaciro kandi ko nta shingiro gifite.

Umukambwe Robert Mugabe yapfuye muri Nzeri, 2019 ajya mu bitaro byo muri Singapore afite imyaka 95.

Yari amaze imyaka 37 ari ku butegetsi.

Abo mu muryango wa Robert Mugabe icyo gihe bavuze ko yasize ababwiye ko azashyingurwa ku ivuko.

TAGGED:featuredHarareMugabeZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article WhatsApp, Instagram Na Facebook Byaviriyeho Rimwe
Next Article Abiy Ahmed Yarahiriye Kongera Kuyobora Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?