Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Uwahoze’ Ari Umunyamakuru Mu Rwanda Yagiye Muri RNC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

‘Uwahoze’ Ari Umunyamakuru Mu Rwanda Yagiye Muri RNC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2023 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mukunzi Rubens  wahoze ari umunyamakuru wakoraga ikiganiro kuri imwe muri radio zo mu Rwanda zikomeye,  yamaze kwiyunga n’abagize RNC ivuguruye. Asigaye akorana n’abarwanya u Rwanda.

Mukunzi yahoze yitwa  ‘Mr. Bean’ ubwo yakoraga ikiganiro ‘Sugira’ cyatambukaga mu gitondo kuri iyo radio.

Abantu bamukundiraga ko yagiraga urwenya, akamenya gutuma abantu baramukana agasusuruko.

Nyuma yaje gushinga ikinyamakuru cye yise ‘Oasis Gazette’ agishinga murumuna we.

Ni ikinyamakuru cyagarukaga cyane cyane ku nkuru z’uburezi.

Rubens Mukunzi yaje kujya muri Amerika mu mwaka wa 2013, agenda mu buryo busanzwe.

Ntiyigeze agaruka i Kigali kuva ubwo!

Nk’uko bijya bigenda, uwo musore yagezeyo atangaza ko atazagaruka mu Rwanda kubera ko Leta yari imumereye nabi.

Yabwiye abo yasanze muri Amerika ko Leta imuziza ubwoko bw’inkuru akora ‘z’uburezi’.

Kuva mu mwaka wa 2013 kugeza ubu( ni ukuvuga nyuma y’imyaka 10) Mr Bean wahoze ari umunyamakuru mu Rwanda nibwo yagaragaye ari ku ifoto hamwe n’abandi banzi b’u Rwanda bihurije muri RNC ivuguruye.

Iby’uko RNC yahinduye isura byatangiye kunugwanugwa mu minsi ishize, ubwo hari amafoto yabonekaga ku mbuga nkoranyambaga ari ho abanyamuryango ba RNC.

Bari  bahuriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nama banzuriye mo  ko bagiye gushinga Ihuriro rishya bise “Urubuga ruharanira ineza rusange y’Abanyarwanda”.

Abarigize bamaze igihe kirekire bakora k’uburyo u Rwanda rudatekana.

Babikoraga binyuze mu gutera inkunga no gukorana n’imitwe nka P5, umutwe w’igisirikare wa RNC, umaze igihe ubarizwa mu mashyamba ya DRC.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, hari ku wa Gatanu taliki 20, Gicurasi, 2023 abagize ririya huriro bahuriye i Washington baraganira.

Basohoye itangazo rivuga ko “Abanyarwanda bo muri Leta zitandukanye za Amerika bahuriye hamwe ngo bahuze ijwi kugira ngo basabe Perezida Kagame afungure urubuga rwa politiki mu gihugu”.

Inama irangiye, banditse itangazo maze risinywaho na Prof Charles Kambanda.

Ikinyamakuru IGIHE yanditse ko inyandiko y’imyanzuro y’inama yakozwe na bariya bantu ba RNC ivuguruye, harimo umugambi wo kuzadurumbanya amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

Bamwe mu bagize RNC wakwita ko ivuguruye harimo Gilbert Mwenedata, Tabitha Gwiza, Jean Paul Turayishimye wahoze ushinzwe ubutasi muri RNC yo mu myaka ya 2013 (aba Boston muri Leta yaMassachusetts, USA), Gérvais Condo n’abandi.

Bamwe mu bakomeye bagize RNC iri mu yindi shusho( Ifoto@IGIHE)
TAGGED:AmatorafeaturedRNCRwandaUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abize Ubukerarugendo N’Amahoteli Barategurirwa Kuba Indashyikirwa
Next Article Sena Y’u Rwanda Yemeje Ishingiro Ry’Ivugurwa Ry’Itegeko Nshinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?