Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 9:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jair Bolsonaro uherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu yaraye ajyanywe mu bitaro biri muri Leta ya Florida, USA.

CNN ivuga uyu mugabo ababara cyane mu nda ariko nta bisobanuro by’icyo arwaye biratangazwa mu buryo butaziguye.

Hagati aho abamushyigikiye bakomeje kwesurana na Polisi, iri kubabuza imyigaragambyo bamazemo igihe bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka ariko bo bakaba barayibereye ibamba.

Yatsinzwe na Lula Da Silva, uyu akaba yarigeze kuyobora Brazil mu myaka yashize.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Polisi imaze gufunga 1,500 ibaziza guteza rwaserera mu gihugu binyuze muri iriya myigaragambyo.

Perezida  Luiz Inacio Lula da Silva watsinze Bolsonaro avuga ko abantu bose bagize uruhare mu kaduruvayo kamaze iminsi mu gihugu cye, bazashyikirizwa ubutabera.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, abo ku ruhande rwa Bolsonaro bari bagabye ibitero ku Biro by’Inteko ishinga amategeko, ku Biro by’Urukiko rw’Ikirenga no ku biro by’Umukuru w’igihugu.

Bamenaguye amadirishya, inzugi n’ibindi bintu by’agaciro basanzemo.

Nibyo bitero bikomeye abaturage bagabye ku nzego za Leta kuva mu myaka ya 1980.

- Advertisement -

Hagati aho Bolsonaro yagejejwe kwa muganga ataka ko amara amurya.

Biracyekwa ko yamara yamugarutse kubera ko mu mwaka wa 2018 yigeze guterwa icyuma mu nda ubwo yiyamamarizaga kuyobora Brazil.

Icyakora abaganga bavuga ko ikibazo cye kidakomeye, ndetse ngo si ngombwa ko abagwa.

Mu minsi mike ishize, yari yabwiye CNN ko ashaka kuguma muri Amerika ariko yaje kwisubiraho, atangaza ko agomba gusubira muri Brazil kureba abaganga be.

Hagati aho hari amakuru avuga ko Perezida w’Amerika, Joe Biden yatumiye mugenzi we wa Brazil witwa Lula Da Silva ngo azamusure.

Biteganyijwe ko Da Silva azasura Amerika mu ntangiriro za Gashyantare, 2023.

TAGGED:AmaraBidenBrazilIntekoPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Ingendo Muri Bisi, Ese Biraza Gukemuka?
Next Article Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?