Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 9:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jair Bolsonaro uherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu yaraye ajyanywe mu bitaro biri muri Leta ya Florida, USA.

CNN ivuga uyu mugabo ababara cyane mu nda ariko nta bisobanuro by’icyo arwaye biratangazwa mu buryo butaziguye.

Hagati aho abamushyigikiye bakomeje kwesurana na Polisi, iri kubabuza imyigaragambyo bamazemo igihe bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka ariko bo bakaba barayibereye ibamba.

Yatsinzwe na Lula Da Silva, uyu akaba yarigeze kuyobora Brazil mu myaka yashize.

Polisi imaze gufunga 1,500 ibaziza guteza rwaserera mu gihugu binyuze muri iriya myigaragambyo.

Perezida  Luiz Inacio Lula da Silva watsinze Bolsonaro avuga ko abantu bose bagize uruhare mu kaduruvayo kamaze iminsi mu gihugu cye, bazashyikirizwa ubutabera.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, abo ku ruhande rwa Bolsonaro bari bagabye ibitero ku Biro by’Inteko ishinga amategeko, ku Biro by’Urukiko rw’Ikirenga no ku biro by’Umukuru w’igihugu.

Bamenaguye amadirishya, inzugi n’ibindi bintu by’agaciro basanzemo.

Nibyo bitero bikomeye abaturage bagabye ku nzego za Leta kuva mu myaka ya 1980.

Hagati aho Bolsonaro yagejejwe kwa muganga ataka ko amara amurya.

Biracyekwa ko yamara yamugarutse kubera ko mu mwaka wa 2018 yigeze guterwa icyuma mu nda ubwo yiyamamarizaga kuyobora Brazil.

Icyakora abaganga bavuga ko ikibazo cye kidakomeye, ndetse ngo si ngombwa ko abagwa.

Mu minsi mike ishize, yari yabwiye CNN ko ashaka kuguma muri Amerika ariko yaje kwisubiraho, atangaza ko agomba gusubira muri Brazil kureba abaganga be.

Hagati aho hari amakuru avuga ko Perezida w’Amerika, Joe Biden yatumiye mugenzi we wa Brazil witwa Lula Da Silva ngo azamusure.

Biteganyijwe ko Da Silva azasura Amerika mu ntangiriro za Gashyantare, 2023.

TAGGED:AmaraBidenBrazilIntekoPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Ingendo Muri Bisi, Ese Biraza Gukemuka?
Next Article Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?