Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 9:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jair Bolsonaro uherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu yaraye ajyanywe mu bitaro biri muri Leta ya Florida, USA.

CNN ivuga uyu mugabo ababara cyane mu nda ariko nta bisobanuro by’icyo arwaye biratangazwa mu buryo butaziguye.

Hagati aho abamushyigikiye bakomeje kwesurana na Polisi, iri kubabuza imyigaragambyo bamazemo igihe bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka ariko bo bakaba barayibereye ibamba.

Yatsinzwe na Lula Da Silva, uyu akaba yarigeze kuyobora Brazil mu myaka yashize.

Polisi imaze gufunga 1,500 ibaziza guteza rwaserera mu gihugu binyuze muri iriya myigaragambyo.

Perezida  Luiz Inacio Lula da Silva watsinze Bolsonaro avuga ko abantu bose bagize uruhare mu kaduruvayo kamaze iminsi mu gihugu cye, bazashyikirizwa ubutabera.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, abo ku ruhande rwa Bolsonaro bari bagabye ibitero ku Biro by’Inteko ishinga amategeko, ku Biro by’Urukiko rw’Ikirenga no ku biro by’Umukuru w’igihugu.

Bamenaguye amadirishya, inzugi n’ibindi bintu by’agaciro basanzemo.

Nibyo bitero bikomeye abaturage bagabye ku nzego za Leta kuva mu myaka ya 1980.

Hagati aho Bolsonaro yagejejwe kwa muganga ataka ko amara amurya.

Biracyekwa ko yamara yamugarutse kubera ko mu mwaka wa 2018 yigeze guterwa icyuma mu nda ubwo yiyamamarizaga kuyobora Brazil.

Icyakora abaganga bavuga ko ikibazo cye kidakomeye, ndetse ngo si ngombwa ko abagwa.

Mu minsi mike ishize, yari yabwiye CNN ko ashaka kuguma muri Amerika ariko yaje kwisubiraho, atangaza ko agomba gusubira muri Brazil kureba abaganga be.

Hagati aho hari amakuru avuga ko Perezida w’Amerika, Joe Biden yatumiye mugenzi we wa Brazil witwa Lula Da Silva ngo azamusure.

Biteganyijwe ko Da Silva azasura Amerika mu ntangiriro za Gashyantare, 2023.

TAGGED:AmaraBidenBrazilIntekoPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Ingendo Muri Bisi, Ese Biraza Gukemuka?
Next Article Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?