Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abayahudi Ngo Nta Kiruta Ubuzima Bwa Muntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abayahudi Ngo Nta Kiruta Ubuzima Bwa Muntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2022 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abayahudi David Frankel watanze ubuhamya bw’ibyamubayeho yavuze ko ibyababayeho muri kiriya gihe byari bibabaje cyane.

Ubutumwa bwe bwibanze ku byago we na bagenzi be bahuye nabyo, aho bagendaga urugendo rurerure bashonje, bakajyanwa mu bigo bakoranyirizwagamo bakabanza kwicishwa inzara, nyuma bakazasukwamo ibyuka byabicaga.

Ikigo cyakorewemo ariya mahano kurusha handi ni icyo muri Pologne kiri ahitwa  Auschwitz

Mu ijambo rye ry’iminota igera kuri 15, David Frankel, yavuze ko n’ubwo bari bafite ubwoba bwo kwicwa ariko bakomeje kuba intwari ndetse ku bw’amahirwe bamwe baza kurokoka ubwicanyi bakorerwaga n’Abanazi.

Uyu mugabo ugeze mu zabukuru akaba yarigeze no kuba Umunyamategeko ukomeye yagize ati: “ Uko nabibonye nta kintu kiruta ubuzima bw’umuntu aho yaba akomoka hose. Ni ngombwa kurinda ubuzima bwa muntu.”

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam avuga ko ababyeyi be babaga muri Hungry kandi ngo niho biciwe.

Yavuze ubutwari ababyeyi bagize, bakomeza gutwaza n’ubwo bitabujije ko  bahasiga ubuzima.

Dr Ron Adam yabwiye abari baje kwifatanya n’abaturage b’igihugu cye mu kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, ko iwabo bari batuye mu Murwa mu kuuru wa Hongury witwa Budepest.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam

Kubera ko n’aho hari Abanazi ba Hitler, abo bagabo baje gufata ababyeyi bajya kubica.

Nawe yavuze ko Abayahudi babaye intwari ndetse baza no guhimba indirimbo yaje no kuba indirimbo yubahiriza igihugu ya Israel yitwa Haktiva.

Yari yitwaje icyuma cya muzika bita accordeon yakoresheje acuranga indirimbo Hatikva.

Hatikva ni Igiheburayo kivuga ngo ‘Indirimbo Y’Ibyiringiro’

Indirimbo yubahiriza Leta ya Israel

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana.

Dr Bizimana yabwiye abanyacyuhahiro bari bahuriye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi  rwa Kigali ko Leta y’u Rwanda izakomeza gukorana na Israel muri byinshi harimo no kwibuka Abayahudi bazize Jenoside yabakorewe mu Ntambara ya Kabiri y’Isi  ikozwe n’Abayahudi.

Ati: “ U Rwanda ruzirikana uburemere bwa Jenoside yakorewe Abayahudi ndetse mu nteganyanyigisho mu mashuri y’u Rwanda hateganyijwemo kwigisha Amateka ya Jenisode yakorewe Abayahudi.”

Minisitiri Bizimana yavuze ko ikindi cyerekana ko u Rwanda ruzirikana Jenoside yakorewe Abayahudi ngo ni uko hari icyumba mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi cyagenewe kwerekanirwamo amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi.

TAGGED:AbayahudiAmbasaderifeaturedIsraelJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Budage Ati: ‘ Twagiranye Na Israel Amasezerano Yo Kurwanya Abapfobya Jenoside’
Next Article Umupaka wa Gatuna Ugiye Gufungurwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?