Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abayahudi Ngo Nta Kiruta Ubuzima Bwa Muntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abayahudi Ngo Nta Kiruta Ubuzima Bwa Muntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2022 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abayahudi David Frankel watanze ubuhamya bw’ibyamubayeho yavuze ko ibyababayeho muri kiriya gihe byari bibabaje cyane.

Ubutumwa bwe bwibanze ku byago we na bagenzi be bahuye nabyo, aho bagendaga urugendo rurerure bashonje, bakajyanwa mu bigo bakoranyirizwagamo bakabanza kwicishwa inzara, nyuma bakazasukwamo ibyuka byabicaga.

Ikigo cyakorewemo ariya mahano kurusha handi ni icyo muri Pologne kiri ahitwa  Auschwitz

Mu ijambo rye ry’iminota igera kuri 15, David Frankel, yavuze ko n’ubwo bari bafite ubwoba bwo kwicwa ariko bakomeje kuba intwari ndetse ku bw’amahirwe bamwe baza kurokoka ubwicanyi bakorerwaga n’Abanazi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu mugabo ugeze mu zabukuru akaba yarigeze no kuba Umunyamategeko ukomeye yagize ati: “ Uko nabibonye nta kintu kiruta ubuzima bw’umuntu aho yaba akomoka hose. Ni ngombwa kurinda ubuzima bwa muntu.”

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam avuga ko ababyeyi be babaga muri Hungry kandi ngo niho biciwe.

Yavuze ubutwari ababyeyi bagize, bakomeza gutwaza n’ubwo bitabujije ko  bahasiga ubuzima.

Dr Ron Adam yabwiye abari baje kwifatanya n’abaturage b’igihugu cye mu kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, ko iwabo bari batuye mu Murwa mu kuuru wa Hongury witwa Budepest.

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Dr Ron Adam

Kubera ko n’aho hari Abanazi ba Hitler, abo bagabo baje gufata ababyeyi bajya kubica.

- Advertisement -

Nawe yavuze ko Abayahudi babaye intwari ndetse baza no guhimba indirimbo yaje no kuba indirimbo yubahiriza igihugu ya Israel yitwa Haktiva.

Yari yitwaje icyuma cya muzika bita accordeon yakoresheje acuranga indirimbo Hatikva.

Hatikva ni Igiheburayo kivuga ngo ‘Indirimbo Y’Ibyiringiro’

Indirimbo yubahiriza Leta ya Israel

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana.

Dr Bizimana yabwiye abanyacyuhahiro bari bahuriye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi  rwa Kigali ko Leta y’u Rwanda izakomeza gukorana na Israel muri byinshi harimo no kwibuka Abayahudi bazize Jenoside yabakorewe mu Ntambara ya Kabiri y’Isi  ikozwe n’Abayahudi.

Ati: “ U Rwanda ruzirikana uburemere bwa Jenoside yakorewe Abayahudi ndetse mu nteganyanyigisho mu mashuri y’u Rwanda hateganyijwemo kwigisha Amateka ya Jenisode yakorewe Abayahudi.”

Minisitiri Bizimana yavuze ko ikindi cyerekana ko u Rwanda ruzirikana Jenoside yakorewe Abayahudi ngo ni uko hari icyumba mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi cyagenewe kwerekanirwamo amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi.

TAGGED:AbayahudiAmbasaderifeaturedIsraelJenosideRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Budage Ati: ‘ Twagiranye Na Israel Amasezerano Yo Kurwanya Abapfobya Jenoside’
Next Article Umupaka wa Gatuna Ugiye Gufungurwa 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?