Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwashaka Guhungabanya Ubusugire Bw’Igihugu Cyacu Byamuhenda – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwashaka Guhungabanya Ubusugire Bw’Igihugu Cyacu Byamuhenda – Kagame

admin
Last updated: 26 April 2021 3:08 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba u Rwanda rukomeje kubaka ubushobozi bw’ingabo zarwo nta we bikwiye gutera ubwoba, kuko bigamije guha abaturage umutekano bakeneye ngo biteze imbere.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yinjizaga mu ngabo z’u Rwanda abasirikare 721, bahawe ipeti rya Su-Liyetona.

Yavuze ko kugira ngo igihugu kigane aho abanyarwanda bifuza bisaba kugira igisirikare cy’umwuga, gifite imbaraga, ubushobozi n’imyifatire byiza.

Perezida Kagame yabihuje nuko akazi abasirikare bakora ariko gatuma abanyarwanda n’abaturarwanda bumva ko bafite umutekano usesuye, bagakora ibikorwa byabo mu mudendezo.

Bityo ngo kubaka imbaraga n’ubushobozi bw’u Rwanda “ntawe bikwiye gutera ubwoba cyangwa guhungabanya umutekano we” mu baturanyi, ashimangira ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose ngo umubano mwiza uboneke.

Yakomeje ati “Icyo twubakira ubwo bushobozi ni ukugira ngo nyine u Rwanda rugire umutekano ndetse uwo mutekano tuwubakireho dutere imbere, ariko noneho no kugira ngo byumvikane ko icyo gihe iterabwoba ryatuzaho twahangana naryo uko bikwiye.”

Yavuze ko muri uko kubaka ubushobozi bw’ingabo, uwagerageza guhungabanya ubusugire bw’u Rwanda bitamugendekera neza.

Ati “Icyashaka guhungabanya ubusugire bw’igihugu cyacu, icyo aricyo cyose, aho cyava hose, ubwo bushobozi ni ko twifuza kubukoresha, ntabwo twifuza kubukoresha hanze y’igihugu cyacu tugira uwo dutera ubwoba cyangwa iki, cyangwa uwo tugirira nabi, oya. Ahubwo ni ukwirinda icyaduhungabanya.”

“Ndetse bikanumvikana ko uwashaka guhungabanya umutekano wacu, ubusugire bw’igihugu cyacu, bitamugendera neza, kubera ko bihenze cyane. Byamuhenda, byamusaba ikiguzi atari yatekereje.”

Perezida Kagame yavuze ko ahubwo nyuma yo gucunga umutekano w’igihugu, u Rwanda rwifuza ko ubushobozi bw’ingabo zarwo bwakoreshwa ahandi mu gushaka amahoro aho yabuze, igihe rwitabajwe.

Yabwiye abasirikare bashya ba RDF ati “Mugomba guhora muzirikana ko umurimo wanyu mbere na mbere ari ugukorera Abanyarwanda, abavandimwe banyu, ababyeyi banyu, aho mukomoka.”

Yashimangiye ko iyi ari inshingano iremereye bagomba guha ibyo agaciro gakwiye.

Yaabijeje inkunga mu mirimo yabo, ariko nabo ababwira ko hari byinshi RDF ibatezeho, nk “umuryango mwiza twese twishimira kuba turimo.”

TAGGED:featuredIngaboPaul KagameRDFUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwa Mbere Abasikare B’Abakobwa Ba RDF Biyerekanye Bambaye Amajipo
Next Article Abanyeshuri 62 Bananiwe Gusoza Amasomo Yari Kubahesha Ipeti Rya Su-Liyetona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?