Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2022 5:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Fodé Ndiaye wari uhagarariye UN mu Rwanda akaba asanzwe ari umuhanga mu by’ubuhinzi yaraye asezeye kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuko yarangije ikivi cye mu Rwanda. Ndiaye yatangiye guhagararira UN mu Rwanda taliki 10, Nyakanga, 2017.

President Kagame today received Fode Ndiaye, outgoing UN Resident Coordinator for Rwanda @UNRwanda, ending his 5 year term in the country. pic.twitter.com/XtnYf4WirJ

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) July 5, 2022

Iyi mirimo yayifatanyaga kandi no gukurikiranira hafi ibikorwa by’abakora mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mpuzamahanga, UNDP, bakoreraga mu Rwanda.

Mbere y’uko yoherezwa gukorera mu  Rwanda, Fodé Ndiaye yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa bya UN muri Niger.

Ni ibikorwa byitaga k’ugufasha abaturage ba kiriya gihugu bafite imibereho mibi kubona ubufasha burimo imiti n’ibiribwa.

Yakoze  muri Niger mu gihe kireshya n’imyaka itanu.

Yigeze no gushingwa gucunga ibikorwa by’ikigega cya UN gishinzwe iterambere ry’ibihugu byo muri Afurika y’i Burengerazuba n’iyo Hagati.

Amaze imyaka 35 mu mirimo y’ubuyobozi mu nzego za Politiki no gucunga umutungo wa UN ahantu hatandukanye.

Uretse kuba asanzwe ari umuhanga mu by’ubuhinzi yigiye mu Bufaransa mu kigo kitwa ENSAT, afite n’izindi mpamyabumenyi mu bindi bifitanye isano n’iterambere yakuye muri ishuri ryitwa Harvard Kennedy School, Harvard University ndetse n’impamyabumenyi ihanitse mu bukungu ( PhD Economics) yavanye muri Kaminuza yitwa Erasmus University y’i  Rotterdam mu Buholandi.

Ndiaye wakundanga kugerageza kuvuga n’Ikinyarwanda, ni umunya Senegal uvuga ururimi rw’iwabo bita Wolof ariko akamenya neza Igifansa n’Icyongereza .

TAGGED:featuredKagameNdiayeRwandaSenegalUbuhinziUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwateguye Akayabo Ko Kuzahura Ubukungu Bwabwo
Next Article Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?