Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwize Ubuhinzi Wari Uhagarariye UN Mu Rwanda Yacyuye Igihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 July 2022 5:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Fodé Ndiaye wari uhagarariye UN mu Rwanda akaba asanzwe ari umuhanga mu by’ubuhinzi yaraye asezeye kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuko yarangije ikivi cye mu Rwanda. Ndiaye yatangiye guhagararira UN mu Rwanda taliki 10, Nyakanga, 2017.

President Kagame today received Fode Ndiaye, outgoing UN Resident Coordinator for Rwanda @UNRwanda, ending his 5 year term in the country. pic.twitter.com/XtnYf4WirJ

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) July 5, 2022

Iyi mirimo yayifatanyaga kandi no gukurikiranira hafi ibikorwa by’abakora mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mpuzamahanga, UNDP, bakoreraga mu Rwanda.

Mbere y’uko yoherezwa gukorera mu  Rwanda, Fodé Ndiaye yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa bya UN muri Niger.

Ni ibikorwa byitaga k’ugufasha abaturage ba kiriya gihugu bafite imibereho mibi kubona ubufasha burimo imiti n’ibiribwa.

Yakoze  muri Niger mu gihe kireshya n’imyaka itanu.

Yigeze no gushingwa gucunga ibikorwa by’ikigega cya UN gishinzwe iterambere ry’ibihugu byo muri Afurika y’i Burengerazuba n’iyo Hagati.

Amaze imyaka 35 mu mirimo y’ubuyobozi mu nzego za Politiki no gucunga umutungo wa UN ahantu hatandukanye.

Uretse kuba asanzwe ari umuhanga mu by’ubuhinzi yigiye mu Bufaransa mu kigo kitwa ENSAT, afite n’izindi mpamyabumenyi mu bindi bifitanye isano n’iterambere yakuye muri ishuri ryitwa Harvard Kennedy School, Harvard University ndetse n’impamyabumenyi ihanitse mu bukungu ( PhD Economics) yavanye muri Kaminuza yitwa Erasmus University y’i  Rotterdam mu Buholandi.

Ndiaye wakundanga kugerageza kuvuga n’Ikinyarwanda, ni umunya Senegal uvuga ururimi rw’iwabo bita Wolof ariko akamenya neza Igifansa n’Icyongereza .

TAGGED:featuredKagameNdiayeRwandaSenegalUbuhinziUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwateguye Akayabo Ko Kuzahura Ubukungu Bwabwo
Next Article Icyamamare Ku Isi Carlos Santana Yikubise Hasi Mu Gitaramo Rwagati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?