Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora IMF Yageze Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uyobora IMF Yageze Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2023 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kristalina Georgieva uyobora Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, yaraye i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi itatu. Yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki 24, Mutarama, 2023 yakirwa na Minisitiri w’imari n’igenamigambo, Dr. Uzziel Ndagijimana.

Ibimugenza ntibyatangajwe.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, ntazabura kuganira n’abayobozi b’u Rwanda ku ngingo zirimo aho rugeze ruzahura ubukungu bwarwo bwagizweho ingaruka na COVID-19.

Nyuma y’uko iki cyorezo kigenjeje amaguru make, u Rwanda ruri kubaka ubukungu bwarwo gahoro gahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni urugendo rufashwamo n’abafatanyabikorwa barwo barimo n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

Hamwe mu hantu u Rwanda rushora amafaranga ruhabwa cyangwa rugurizwa na IMF ni mu bikorwa byo kurengera ibidukikije.

Hari n’izindi nzego zirimo no kuzamura umusaruro uturuka mu buhinzi.

Abayobozi b’u Rwanda n’aba kiriya kigega kandi bashabora kuzaganira ku ngingo y’uburyo u Rwanda rwishyura imyenda rufata.

Mu kiganiro Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yahaye abanyamakuru taliki  07, Ukwakira, 2022 yavuze ko u Rwanda rwishyura neza inguzanyo ruhabwa n’abarutera inkunga.

- Advertisement -

Hari nyuma y’umuhango Minisiteri y’imari n’igenamigambi yasinyanyemp n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari amasezerano y’inguzanyo ya Miliyoni $ 310  azarufasha kubaka ubukungu buhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Ni inguzanyo izishyurwa byibura mu myaka 15 ku rwunguko ruto.

U Rwanda rusanganywe gahunda yo kuzabona kandi rugakoresha Miliyari $ 11 mu kubaka ubukungu buhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Muri kiriya kiganiro, Taarifa yabajije niba u Rwanda rwarishyura neza imyenda rwari rufitiye abarugurije mu bihe byabanjirije COVID-19 kugira ngo noneho rubahe n’icyizere cy’uko ruzishyura indi myenda rufata cyangwa ruzafata.

Minisitiri Dr.Uzziel Ndagijimana yasubije ko nta myenda iremereye u Rwanda kubera ko rwishyura neza.

Yagize ati: “ Mbere ya COVID-19, imyenda u Rwanda rwafatanga rwayishyuraga neza ndetse nakubwira ko no muri COVID-19 nabwo twakomeje kwishyura k’uburyo byahaye abafatanyabikorwa bacu icyizere gituma n’ubu tugikorana muri uru rwego.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa nawe yavuze ko u Rwanda rutarajya mu bihugu bifite umwenda bitabasha kwishyura.

Rwangombwa yavuze  ko mu mwaka wa 2024 ibintu byose byazitiraga u Rwanda z bigatuma umwenda warwo uzamuka, bizaba byarakuweho.

TAGGED:featuredIkigegam NdagijimanaImariRwangombwaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rukomeje Kwiyama DRC Irushotora
Next Article Urugomo Rwa Chameleone Rugiye Kumukoraho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?