Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora UN-Women Ashima Uko u Rwanda Rwita Ku Bahohotewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uyobora UN-Women Ashima Uko u Rwanda Rwita Ku Bahohotewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 July 2023 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunya Jordania[kazi] Sima Sami Bahous uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bagore yavuze ko uburyo bwa Isange One Stop Center u Rwanda rwashyizeho ari ingirakamaro mu gufasha abagore cyangwa abana bahohotewe.

Yabivuze nyuma yo gusura Ikigo cya Isange One Stop Center kiri ku Kacyiru.

Bahous ari mu Rwanda mu nama mpuzamahanga yiga ku iterambere ry’abagore yiswe Women Deliver 2023 Conference.

Umunyamabanga mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Isabelle Kalihangabo yasobanuriye umuyobozi wa UN Women ko igitekerezo cyo gushinga One Stop Center cyazanywe na Madamu Jeannette Kagame.

Madamu Isabelle  Kalihangabo avuga ko Isange One Stop Centers zabaye igisubizo kuri benshi

Intego yari iyo gufasha abakobwa cyangwa abagore ndetse n’abana bahohoterwaga kubona ahantu hizewe kandi hari ibikenewe byose bashoboraga kubonera ubufasha(burimo n’ubuvuzi) bukomatanyije.

Kalihangabo avuga ko kugeza ubu mu Rwanda hari Isange One Stop Centers 48 zikorera muri buri Karere ko mu Rwanda.

Ikindi avuga ni uko uretse kuba Isange zifasha abantu kwitabwaho mu buryo bw’ubuvuzi, Ubugenzacyaha bwihutira no gukurikirana amadosiye y’abakekwaho ibyaha by’ihohoterwa.

Sima Sami Bahous yavuze ko kuba ubuyobozi bw’u Rwanda bwaratekereje gushyiraho buriya buryo byerekana agaciro buha abaturage.

Ati: “ Ndashimira Perezida Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame kuba baratangije ubu buryo bwo gufasha abantu bahokorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Ibyo nabonye hano kuri Isange One Stop Center ni ingenzi kuko byerekana ko abakobwa, abagore ndetse n’abana bafashwa uko bishoboka kose ngo ibyago bahuye  nabyo bikemurwe kandi bahabwe n’ubutabera.”

Sima Sami Bahous uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bagore

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Prof Jeannette Bayisenge yavuze ko Isange One Stop Center ari umwe mu miti u Rwanda rwavugutiye ibibazo byarwo.

Prof Jeannette Bayisenge aganiriza itangazamakuru

Avuga ko Isange One Stop Centers zabaye ingirakamaro kubera ko imikorere yazo yajyaniranye no gukurikirana abakekwaho urwo rugomo.

Bayisenge avuga ko iyo abahamijwe ibyaha babihaniwe, bica intege ababitekerezaga.

Minisitiri Bayisenge kandi avuga ko kuba muri iki gihe imibare y’abakekwaho guhohotera abagore, abakobwa n;abana yiyongera bishingira k’ukuba uburyo bwo kubihanahanaho amakuru bwariyongereye.

TAGGED:BayisengefeaturedIsangeKalihangaboUbugenzacyahaUNWomen
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Ishobora Kongera Gushya
Next Article Imibiri Y’Abana Baguye Muri Nyabarongo Yabonetse Muri Metero 17
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?