Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 6:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Majyaruguru ya Vietnam habaye ibyago byatewe n’inkubi ya karahabutaka byahitanye abantu 60 n’ikiraro gikoreshwa cyane kirariduka imodoka 10 zigwa mu ruzi.

Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu witwa Ho Duc Phoc niwe watangaje iby’iki cyago.

Iyo nkongi bayihaye izina rya Yagi n’aho umugezi waguyemo ziriya modoka witwa Depu.

Kugeza ubu hari abantu bakuwe muri uriya mugezi ariko hari abandi bataraboneka, gusa ntawe uramenya niba hari ugihumeka mubawuguyemo.

Ikiraro byabereyeho guherereye ahitwa Phong Chau.

Nyuma y’uko iki kiraro gihanutse ingabo zasabwe kubaka ikindi cyo kwifashisha kandi zikabikora vuba bishoboka.

Kuva inkubi Yagi yaduka imaze guhitana abantu 60 bo muri Vietnam.

Niyo nkubi ikomeye yadutse muri Aziya kuva umwaka wa 2024 watangira.

Ifite umuvuduko wa kilometero 203 ku isaha.

Siwo gusa uteye ikibazo kuko wakuruye imvura ikomeye yateye imyuzure ndetse n’inkangu ziyongereye kandi zifite ubukana.

Amazi y’umwuzure yabaye menshi ku buryo yazamutse agera kuri metero y’ubutumburuke.

Yatumye imiryango 2,400 yimurwa nk’uko AFP  yanditse.

Ibindi bice bya Vietnam nabyo byasabye ababituye kwimuka kuko hari impungenge ko bazibasirwa na kiriya kiza.

Hagati aho kandi hari n’ibice byo mu Murwa mukuru Hanoi nabyo byasabwe kwimura ababituye.

BBC yo yanditse ko mbere y’uko iriya nkubi igera muri Vietnam yabanje mu Bushinwa no muri Philippines hombi ihica abantu 24.

Hari impungenge ko iyo nkubi yongera ubukana uko igihe gihita…

TAGGED:IbizaInkubiVietnam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Next Article Mu Myaka 26 Umunyarwanda Azaba Ari Umukire Bifatika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?