Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Ikiraro Cyasenywe N’Inkubi Abantu 60 Barapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2024 6:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Majyaruguru ya Vietnam habaye ibyago byatewe n’inkubi ya karahabutaka byahitanye abantu 60 n’ikiraro gikoreshwa cyane kirariduka imodoka 10 zigwa mu ruzi.

Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu witwa Ho Duc Phoc niwe watangaje iby’iki cyago.

Iyo nkongi bayihaye izina rya Yagi n’aho umugezi waguyemo ziriya modoka witwa Depu.

Kugeza ubu hari abantu bakuwe muri uriya mugezi ariko hari abandi bataraboneka, gusa ntawe uramenya niba hari ugihumeka mubawuguyemo.

Ikiraro byabereyeho guherereye ahitwa Phong Chau.

Nyuma y’uko iki kiraro gihanutse ingabo zasabwe kubaka ikindi cyo kwifashisha kandi zikabikora vuba bishoboka.

Kuva inkubi Yagi yaduka imaze guhitana abantu 60 bo muri Vietnam.

Niyo nkubi ikomeye yadutse muri Aziya kuva umwaka wa 2024 watangira.

Ifite umuvuduko wa kilometero 203 ku isaha.

Siwo gusa uteye ikibazo kuko wakuruye imvura ikomeye yateye imyuzure ndetse n’inkangu ziyongereye kandi zifite ubukana.

Amazi y’umwuzure yabaye menshi ku buryo yazamutse agera kuri metero y’ubutumburuke.

Yatumye imiryango 2,400 yimurwa nk’uko AFP  yanditse.

Ibindi bice bya Vietnam nabyo byasabye ababituye kwimuka kuko hari impungenge ko bazibasirwa na kiriya kiza.

Hagati aho kandi hari n’ibice byo mu Murwa mukuru Hanoi nabyo byasabwe kwimura ababituye.

BBC yo yanditse ko mbere y’uko iriya nkubi igera muri Vietnam yabanje mu Bushinwa no muri Philippines hombi ihica abantu 24.

Hari impungenge ko iyo nkubi yongera ubukana uko igihe gihita…

TAGGED:IbizaInkubiVietnam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Imanza Zitinda
Next Article Mu Myaka 26 Umunyarwanda Azaba Ari Umukire Bifatika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?