Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2025 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Aya mazi yatumye imijyi mito irengerwa. Ifoto@ AFP.
SHARE

Abantu 90 nibo kugeza kuri iki Cyumweru babaruwe ko bishwe n’imyuzure yatewe n’imvura imaze iminsi igwa hirya no hino muri Vietnam, igihugu kiri muri Aziya y’Amajyepfo ashyira Uburasirazuba.

Abandi bantu 12 baracyashakishwa n’inzego z’umutekano n’iz’ubuzima.

Guverinoma y’iki gihugu itangaza ko ingo 186,000 zasenywe n’imivu n’inkangu ndetse n’imyuzure yatewe n’iyo mvura, hakiyongeraho n’amatungo abarirwa muri miliyoni yahaguye.

Intara yibasiwe cyane ni iyitwa Dak Lak isanzwe igizwe n’imisozi miremire, ikaba yaratakaje abaturage 60 bahitanywe n’ibyo biza nk’uko AFP ibyemeza.

Icyakora abo bantu ntibapfiriye icyarimwe kuko imibare yabo yatangiye gukusanywa tariki 16, Ugushyingo, 2025 kugeza kuri iki Cyumweru tariki 23, uku kwezi.

Vietnam ije gusongwa n’iki cyiza nyuma y’uko hari inkubi zikomeye zasize zisenye byinshi mu bikorwaremezo, izo nkubi zikaba iyitwa Kalmaegi n’indi yitwa  Bualoi

Kuri iki Cyumweru habaruwe  abantu 258,000 bari mu icuraburindi kubera ko ibikorwaremezo by’amashanyarazi byasenyutse, imihanda n’ibiraro biba uko…

BBC yo yanditse ko ingabo na Polisi bahawe amabwiriza yo kujya gutabara ngo barebe niba nta bantu bagihumeka, batabarwe, abapfuye nabo babarurwe bazabone gushyingurwa.

Guverinoma kandi ivuga ko Intara zazahajwe n’ibyo biza ari Quang Ngai, Gia Lai, Dak Lak, Khanh Hoa na Lam Dong.

Ubukana bw’iki kibazo bwatumye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Phạm Minh Chính akoresha inama y’igitaraganya yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga kuko ari muri Afurika y’Epfo mu nama ya G20 kugira ngo aganire n’abagize Guverinoma barebere hamwe uko ibintu byifashe n’icyakorwa.

Abahanga muri Siyansi bavuga ko Vietnam yashyizwe mu kaga ko kwibasirwa n’ibiza bitewe ahanini n’imiyaga n’imvura biturutse ku mihindagurikire y’ikirere.

TAGGED:AbaturageIkirereImihindagurikireImiyagaImvuraVietnam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

You Might Also Like

Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?