Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Virus Ya Zika Yongeye Kwaduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Virus Ya Zika Yongeye Kwaduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2021 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu 89 barimo abana 17 bapimwe basanganwa ubwandu bwa Virusi ya Zika. Ni ibipimo byafatiwe mu Buhinde nk’uko Minisiteri y’aho y’ubuzima yabitangaje mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 08, Ugushyingo, 2021.

Virusi ya Zika yadutse mu isi mu mwaka wa 1947, ikaba iterwa n’umubu.

Iyi virusi yaje guca ibintu muri Brazil mu mwaka wa 2015.

Ni virusi mbi kuko ituma ubwonko bw’umwana ukiri mu nda ya Nyina avukana umutwe muto bityo n’ubwonko bwe bukaba ari buto.

Kuvukana ubwonko buto biterwa no kugira umutwe muto, ibyo bita microcephaly.

Ubwo iki kibazo cyabaga kinini muri Brazil, cyatumye isi yose ikuka umutima, abantu batangira kwibaza niba itagiye kuvamo ikibazo gishobora gukwira hirya no hino ku isi.

Abana bagaragaweho kiriya kibazo ni abo mu Buhinde mu Ntara  Uttar Pradesh mu Karere ka Kanpur.

Umuganga witwa Dr Nepal Singh yabwiye The Reuters ko hari umugore umwe muri iki gihe utwite bari gukurikiranira hafi.

Umubu niwo utera Zika

Umwana wa mbere wavutse afite ibimenyetso bya Zika muri uriya mujyi yagaragaye bwa mbere Tariki 23, Ukwakira, 2021, ariko imibare yarazamutse cyane mu Cyumweru gishize.

Hari umuganga uvuga ko impamvu hari kugaragara abana benshi bafite kiriya kibazo byatewe n’uko bari gupima abana benshi.

Ubu abaganga batangije intambara yo kwirukana imibu binyuze mu gusenya aho ishobora guterera amagi.

 

TAGGED:BrazilfeaturedVirusiZika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biteganyijwe Ko Koffi Olomide Azataramira Abanyarwanda
Next Article RDF Yitandukanyije n’Imirwano Yubuwe Na M23, Ivuga Ko Yaturutse Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?