Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Visi Perezida wa Kenya ‘Yikomye’ Perezida Kenyatta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Visi Perezida wa Kenya ‘Yikomye’ Perezida Kenyatta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2021 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe abatuye Kenya bitegura gutora Umukuru w’Igihugu, ubu umwuka wa politiki watangiye gushyuha.

Visi Perezida wa Kenya witwa William Ruto ubwo yiyamamazaga yabwiye abamushyigikiye ko arakazwa n’uko Perezida Kenyatta amuteranya n’abaturage, aho kugira ngo amutere ingabo mu bitugu.

Mu matora yo muri 2007  William Ruto yashyigikiye Raila Odinga bakora ihuriro hagamijwe kuzashyiraho Guverinoma ihuriweho n’amashyaka menshi.

The Nation yanditse Ruto yavuze ko kumushyigikira byatumye Odinga aba Minisitiri w’Intebe, yongera ho ariya matora yakurikiwe n’imidugararo yatumye atumizwa mu Rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha, ICC ashinjwa uruhare muri byo.

Ati:“ Ikibabaje ni uko ubwo nari ndi yo atigeze[Odinga] ansura cyangwa ngo agire icyo avuga cyo kumvuganira.”

Yongeyeho ko ubwo yagarukaga avuye i La Hague yahisemo guhuza imbaraga na Uhuru Kenyatta bakora ihuriro ryatumye batsinda amatora, bayobora Kenya.

Bwana William Ruto yavuze ko no muri 2017 yashyigikiye Uhuru ndetse ko n’igihe ibyavuye mu matora byangwaga, bongeye baratsinda ubwo yasubirwagamo.

Kuri we asanga kuba Kenyatta atamushyigikira muri ibi bihe ari ukumuhemukira.

Avuga ko ababazwa n’uko aho kumufasha kugira ngo bakomeze mu murongo bahoranye, ahubwo amwangisha abaturage.

Ku ruhande rwe, avuga ko yongeye gutorwa yazafasha abacuruzi baciriritse  kongera ubucuruzi bwabo binyuze mu kubaha igishoro gifatika kizava mu kigega yise National Government Constituency Development Fund.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Kenya azaba muri 2022.

TAGGED:featuredKenyatttaMu MahangaPerezidaRutoWilliam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhamya Bw’Abahohotewe N’Ingabo za Uganda Mu Bihe By’Amatora
Next Article Polisi Yafatanye Abantu Ibilo 630 By’Amabuye Y’Agaciro Ya Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?