Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Visi Perezida Wa Sena Y’u Rwanda Yavuze Ko Yakoze Amahano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Visi Perezida Wa Sena Y’u Rwanda Yavuze Ko Yakoze Amahano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 July 2023 2:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hon Nyirasafari Esperance Visi Perezida wa Sena yaraye asohoye ibaruwa ndende yageneye Perezida Kagame usanzwe ari n’Umukuru wa FPR-Inkotanyi amusaba imbabazi z’uko yakoze amahano akitabira umuhango  wo kwimika umutware w’Abakono.

Inyandiko ye iri mu mirongo umunani(8), Nyirasafari Esperance yagarutse ku bibazo bibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda avuga ko atazongera kwitabira igikorwa nka kiriya.

Ati: “Nakoze amahano yo kwitabira ibirori byateguwe mu buryo bugaragaramo kwironda; nk’umwe mu bahuye n’ingaruka zituruka ku macakubiri yaranze igihugu cyacu, nzi uburemere bwazo, ntabwo nari nkwiriye kurangara kugeza ku rwego rwo kwitabira igikorwa nka kiriya.”

Uretse kuba yungirije Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango, Depite ariko aza  kugirwa Umusenateri na Perezida Paul Kagame.

Ubu ni Visi Perezida wa Sena.

Mu nama yahuje abanyamuryango 800  ba RPF-Inkotanyi yabaye ku Cyumweru nabwo Nyirasafari yasabye imbabazi.

Yagize ati “Nsabye imbabazi ko ntashishoje mu kwitabira umuhango wo kwimika umutware w’abakono, imbere y’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi n’Abanyarwanda bose.”

Soma Inyandiko ye isaba imbabazi:

“…Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI mukaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, mbikuye ku mutima, mfashe uyu mwanya ngo nsabe imbabazi ku makosa akomeye nakoze ubwo nitabiraga umuhango w’icyiswe “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono” wabaye ku wa 9/7/2023 mu murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze.

Nkurikije inama mudahwema kutugira ndetse na nyuma y’ibiganiro nitabiriye ku bumwe bw’Abanyarwanda ku wa 23/7/2023 ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR-INKOTANYI, ndifuza kugaragaza ibi bikurikira nk’umunyamuryango wa FPR-INKOTANYI witabiriye biriya birori byo “Kwimika Umutware w’Abakono”:

– Nakoze amahano yo kwitabira ibirori byateguwe mu buryo bugaragaramo kwironda;

– Nk’umwe mu bahuye n’ingaruka zituruka ku macakubiri yaranze igihugu cyacu, nzi uburemere bwazo, ntabwo nari nkwiriye kurangara kugeza ku rwego rwo kwitabira igikorwa nka kiriya;

– Ingaruka zo kwibona mu moko nizo zabyaye Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994;

– Nakoze amakosa akomeye kuba ntacyo nakoze ngo mburizemo kiriya gikorwa kibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda;

– Nitandukanyije n’imyumvire n’imigirire nk’iyerekeye “Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono”. Kwivangura no kwironda mu Banyarwanda ni ibyo kurwanywa twivuye inyuma;

– Niyemeje guca ukubiri n’icyagarura Abanyarwanda mu mateka mabi nk’ayo twanyuzemo;

– Ndasaba buri Munyarwanda kumva ko ingaruka z’iyi myitwarire ziremereye no guhora tuzirikana akaga byadukururira iramutse idakumiriwe;

– Ndashimira Umuryango FPR-INKOTANYI ukomeje kudukebura, ukatugarura mu nzira nyayo yo kubumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda yo nkingi itajegajega igihugu cyacu cyubakiyeho;

Nkomeje gusaba imbabazi Nyakubahwa Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI akaba na Perezida wa Repubulika, ndasaba imbabazi abanyamuryango ba FPR-INKOTANYI n’Abanyarwanda muri rusange kandi mbijeje gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Murakoze…”

TAGGED:AbakonofeaturedImbabaziKagameNyirasafariPerezidaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Iri Guhugura Abashinzwe Gutabara Aho Rukomeye Muri EAC
Next Article Min Ingabire Ashaka Ko U Rwanda Ruyobora Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?