Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Wazalendo Yarasanye Na FARDC Hapfamo 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Wazalendo Yarasanye Na FARDC Hapfamo 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2025 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gushaka kubambura intwaro bakabyanga, abasirikare ba DRC barasanye n’abasore bo muri Wazalendo hapfa abantu 12.

Byabaye kuri uyu wa Mbere ubwo abasirikare ba DRC bari bavuye ku rugamba batsinzwemo na M23 bageze muri Uvira abasore bo muri Wazalendo bashaka kubambura imbunda imirwano ivuka ityo!

Umwe mu baturage b’aho byabereye usanzwe ukora muri Sosiyete sivile witwa Serge Kigwati yabwiye Radio Okapi ko abo muri Wazalendo ari bo basagariye abasirikare.

Bikekwa ko abo muri Wazalendo bashakaga intwaro zo kuzirwanaho ubwo M23 izaba yageze muri Uvira kuko ari ryo herezo.

Kigwati avuga ko abatuye Uvira bafite ubwoba ko muri uyu mujyi ari ho intambara izakomereza kandi ngo si cyera.

Atangaza ko ubwo bwoba bwatumye abacuruzi bo muri kiriya gice batangira gushaka ahandi bimurira ibicuruzwa byabo.

Abo muri Wazalendo bashakaga kwambura imbunda abasirikare ba DRC mu rwego rwo kuba bafite izabo zizabafasha kwirwanaho ubwo M23 izaba yasesekaye muri Uvira.

Abatuye muri Uvira bafite ubwoba bufite ishingiro kuko abenshi bemeza ko ari ho intambara izakomereza kuko uyu mujyi ari uwa kabiri ukomeye muri Kivu y’Amajyepfo(nyuma ya Bukavu) kandi ukaba warahungiyemo abasirikare ba DRC n’ab’Abarundi benshi bari kumwe na Wazalendo.

M23 iraza gukomereza muri Uvira nk’uko bamwe babyemeza.

Abo bose kandi M23 ishobora kuba ibafite mu mugambi wo kuhabakura naho ikahafata.

TAGGED:AbarwanyiBukavuIngaboM23UviraWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Bande Bagiye Kuganira K’Uguhagarika Intambara Ya Ukraine N’Uburusiya?
Next Article Guhura Kwa Trump Na Putin Biracyari Kure Nk’Ukwezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?