Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Wazalendo Yarasanye Na FARDC Hapfamo 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Wazalendo Yarasanye Na FARDC Hapfamo 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 February 2025 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gushaka kubambura intwaro bakabyanga, abasirikare ba DRC barasanye n’abasore bo muri Wazalendo hapfa abantu 12.

Byabaye kuri uyu wa Mbere ubwo abasirikare ba DRC bari bavuye ku rugamba batsinzwemo na M23 bageze muri Uvira abasore bo muri Wazalendo bashaka kubambura imbunda imirwano ivuka ityo!

Umwe mu baturage b’aho byabereye usanzwe ukora muri Sosiyete sivile witwa Serge Kigwati yabwiye Radio Okapi ko abo muri Wazalendo ari bo basagariye abasirikare.

Bikekwa ko abo muri Wazalendo bashakaga intwaro zo kuzirwanaho ubwo M23 izaba yageze muri Uvira kuko ari ryo herezo.

Kigwati avuga ko abatuye Uvira bafite ubwoba ko muri uyu mujyi ari ho intambara izakomereza kandi ngo si cyera.

Atangaza ko ubwo bwoba bwatumye abacuruzi bo muri kiriya gice batangira gushaka ahandi bimurira ibicuruzwa byabo.

Abo muri Wazalendo bashakaga kwambura imbunda abasirikare ba DRC mu rwego rwo kuba bafite izabo zizabafasha kwirwanaho ubwo M23 izaba yasesekaye muri Uvira.

Abatuye muri Uvira bafite ubwoba bufite ishingiro kuko abenshi bemeza ko ari ho intambara izakomereza kuko uyu mujyi ari uwa kabiri ukomeye muri Kivu y’Amajyepfo(nyuma ya Bukavu) kandi ukaba warahungiyemo abasirikare ba DRC n’ab’Abarundi benshi bari kumwe na Wazalendo.

M23 iraza gukomereza muri Uvira nk’uko bamwe babyemeza.

Abo bose kandi M23 ishobora kuba ibafite mu mugambi wo kuhabakura naho ikahafata.

TAGGED:AbarwanyiBukavuIngaboM23UviraWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Bande Bagiye Kuganira K’Uguhagarika Intambara Ya Ukraine N’Uburusiya?
Next Article Guhura Kwa Trump Na Putin Biracyari Kure Nk’Ukwezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?