Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: WhatsApp Igiye Kugabanyirizwa Ubushobozi Muri Telefoni Zimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

WhatsApp Igiye Kugabanyirizwa Ubushobozi Muri Telefoni Zimwe

admin
Last updated: 13 May 2021 11:41 pm
admin
Share
SHARE

Urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp rwatangaje ko nyuma yo ku wa 15 Gicurasi 2021, abayikoresha batari bemeza amategeko n’amabwiriza byayo bishya bazagenda babura ibintu bimwe, kugeza babyemeje.

Mu butumwa uru rubuga rwasohoye, ruvuga ko nta muntu uzafungirwa konti nyuma y’iriya tariki, ahubwo azakomeza kubona ubutumwa bumwibutsa kwemera ariya mategeko n’amabwiriza (privacy policy).

Icyakora, abatazemeza ariya mategeko, WhatsApp zo muri telefoni zabo zizamburwa ibintu byinshi zakoraga, ari nabyo byatumaga uru rubuga ruganwa cyane. Ntabwo ariko bizabera igihe kimwe ku bantu bose.

Yakomeje iti “Ntabwo uzaba ugishobora kubona urutonde rw’abantu mwandikirana, ariko uzaba ushobora kwitaba umuntu uguhamagaye ku majwi cyangwa amashusho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo gihe kandi umuntu azaba ashobora kugira uwo yandikira ari uko yamubanje, akaba yanagira uwo ahamagara igihe yamubanje wenda akamubura (missed call).

Ikomeza iti “Nyuma y’ibyumweru bike hakora ibintu bimwe, ntabwo uzaba ugishobora kwitaba abaguhamagaye cyangwa kubona ko hari uwakwandikiye, ndetse WhatsApp izahagarika kohereza ubutumwa cyangwa abaguhamagaye kuri telefoni yawe.”

Ingingo nshya zigenga ikoreshwa ry’urwo rubuga zagombaga kubahirizwa guhera muri Gashyantare, ariko biza kwigizwa inyuma kubera ko abantu banenze iyo gahunda, bavuga ko igamije gutuma WhatsApp isangira amwe mu makuru na Facebook nk’ikigo ibarizwamo.

WhatsApp ivuga ko mu byumweru bishize yagiye yoherereza abantu ubutumwa bubibutsa kwemera ariya mategeko n’amabwiriza.

Ayo mategeko mashya avuga ko igihe umuntu azamara imisi 120 adakoresha WhatsApp, konti ye izajya ifungwa hagamijwe kugabanya ibiri mu bubiko no kurinda amabanga y’abantu.

- Advertisement -

Ubutumwa umuntu yanditse cyangwa yakiriye ariko azajya akomeza kububona, kugeza igihe azayisibira muri telefoni ye.

WhatsApp iheruka gutangaza ko nubwo abantu banenze ariya mabwiriza, yo na Facebook nta bushobozi bafite bwo gusoma ubutumwa umuntu yanditse cyangwa kumviriza ibyo abantu baganira.

Aya mabwiriza asa n’agahato yatumye abantu benshi batangira kwitabira gukoresha izindi mbuga zijya gusa nka WhatsApp zirimo Signal na Telegram.

TAGGED:featuredtelefoniWhatsApp
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana Bemerewe Kwitabira Imikino Ya BAL 2021 Muri Kigali Arena
Next Article Museveni Yijeje U Burundi Ubufatanye Mu Bya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?