Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: WhatsApp Igiye Kugabanyirizwa Ubushobozi Muri Telefoni Zimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

WhatsApp Igiye Kugabanyirizwa Ubushobozi Muri Telefoni Zimwe

admin
Last updated: 13 May 2021 11:41 pm
admin
Share
SHARE

Urubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp rwatangaje ko nyuma yo ku wa 15 Gicurasi 2021, abayikoresha batari bemeza amategeko n’amabwiriza byayo bishya bazagenda babura ibintu bimwe, kugeza babyemeje.

Mu butumwa uru rubuga rwasohoye, ruvuga ko nta muntu uzafungirwa konti nyuma y’iriya tariki, ahubwo azakomeza kubona ubutumwa bumwibutsa kwemera ariya mategeko n’amabwiriza (privacy policy).

Icyakora, abatazemeza ariya mategeko, WhatsApp zo muri telefoni zabo zizamburwa ibintu byinshi zakoraga, ari nabyo byatumaga uru rubuga ruganwa cyane. Ntabwo ariko bizabera igihe kimwe ku bantu bose.

Yakomeje iti “Ntabwo uzaba ugishobora kubona urutonde rw’abantu mwandikirana, ariko uzaba ushobora kwitaba umuntu uguhamagaye ku majwi cyangwa amashusho.”

Icyo gihe kandi umuntu azaba ashobora kugira uwo yandikira ari uko yamubanje, akaba yanagira uwo ahamagara igihe yamubanje wenda akamubura (missed call).

Ikomeza iti “Nyuma y’ibyumweru bike hakora ibintu bimwe, ntabwo uzaba ugishobora kwitaba abaguhamagaye cyangwa kubona ko hari uwakwandikiye, ndetse WhatsApp izahagarika kohereza ubutumwa cyangwa abaguhamagaye kuri telefoni yawe.”

Ingingo nshya zigenga ikoreshwa ry’urwo rubuga zagombaga kubahirizwa guhera muri Gashyantare, ariko biza kwigizwa inyuma kubera ko abantu banenze iyo gahunda, bavuga ko igamije gutuma WhatsApp isangira amwe mu makuru na Facebook nk’ikigo ibarizwamo.

WhatsApp ivuga ko mu byumweru bishize yagiye yoherereza abantu ubutumwa bubibutsa kwemera ariya mategeko n’amabwiriza.

Ayo mategeko mashya avuga ko igihe umuntu azamara imisi 120 adakoresha WhatsApp, konti ye izajya ifungwa hagamijwe kugabanya ibiri mu bubiko no kurinda amabanga y’abantu.

Ubutumwa umuntu yanditse cyangwa yakiriye ariko azajya akomeza kububona, kugeza igihe azayisibira muri telefoni ye.

WhatsApp iheruka gutangaza ko nubwo abantu banenze ariya mabwiriza, yo na Facebook nta bushobozi bafite bwo gusoma ubutumwa umuntu yanditse cyangwa kumviriza ibyo abantu baganira.

Aya mabwiriza asa n’agahato yatumye abantu benshi batangira kwitabira gukoresha izindi mbuga zijya gusa nka WhatsApp zirimo Signal na Telegram.

TAGGED:featuredtelefoniWhatsApp
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana Bemerewe Kwitabira Imikino Ya BAL 2021 Muri Kigali Arena
Next Article Museveni Yijeje U Burundi Ubufatanye Mu Bya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?