Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: WHO Yemeje CoronaVac Mu Nkingo Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

WHO Yemeje CoronaVac Mu Nkingo Za COVID-19

Last updated: 02 June 2021 11:13 am
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO, ryongereye urukingo rwa CoronaVac rukorwa n’ikigo Sinovac cyo mu Bushinwa, mu nkingo zishobora kwifashishwa ku rwego mpuzamahanga mu gukingira COVID-19.

Ni icyemezo kigamije guha ibihugu icyizere ko ruriya rukingo rwujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga mu mutekano no kuba rutanga umusaruro, ku buryo rushobora kwifashishwa mu guhangana na kiriya cyorezo.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa WHO, Dr Mariângela Simão, yavuze ko isi ikeneye inkingo nyinshi za COVID-19, asaba ibigo bizikora kugira uruhare mu gusangiza abandi ubumenyi, kugira ngo isi ibashe guhagarika iki cyorezo.

WHO yatangaje ko yakoze igenzura rihagije ku rukingo rwa Sinovac-CoronaVac, haba ku rukingo ubwarwo ndetse n’aho rukorerwa.

Igenzura ryerekanye ko ruriya rukingo rurinda umuntu kugaragaza ibimenyetso bya COVID-19 ku gipimo cya 51%, ndetse rukarinda abantu kuremba kubera COVID-19 ku rwego rwa 100%, urebye ku bakoreweho ubushakashatsi.

Nyuma yo kwemeza ruriya rukingo, rwiyongereye ku rutonde rw’izindi zirimo kwifashishwa zemejwe ku rwego mpuzamahanga zirimo Pfizer/BioNTech, Astrazeneca, Moderna na Sinopharm.

Uru rukingo rurimo kwifashishwa mu bihugu bitandukanye, ndetse Uruguay iheruka gutangaza ko CoronaVac yagabanyije impfu za COVID-19 ku gipimo cya 97%.

 

 

TAGGED:COVID-19featuredWHO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kabuga Félicien Yangiwe Gufungurwa By’Agateganyo
Next Article ‘Bamwe’ Mu Bapolisi Ba Malawi Bazajya Bahugurirwa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?