Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yabwiye Urukiko Icyamuteye Guha Ruswa Umukozi Wa RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Yabwiye Urukiko Icyamuteye Guha Ruswa Umukozi Wa RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2024 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kabera Védaste wahoze umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye uurukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ko yahaye ruswa umukozi wa RIB kugira ngo yice isari kuko bari bamaranye amasaha atatu bityo akaba yari ashonje.

Yasobanuraga ibyo yari abajijwe n’umushinjacyaha byerekeye impamvu yoherereje Frw 10,000 umukozi wa RIB wari urimo kumubaza ku cyaha yaregwaga cyo guhoza umugore we ku nkeke.

Umushinjaha arega uyu mugabo  icyaha cy’indonke yahaye umugenzacyaha wamuhataga ibibazo ku cyaha yaregwaga tumaze kuvuga haruguru.

Yabajije Védaste Kabera ati: “ Dusobanurire impamvu yatumye woherereza umugenzacyaha usanzwe ufite dosiye yawe Frw 10,000; ukongeraho n’ubutumwa bugufi?”.

Kabera yasubije ka ayo mafaranga yayahaye umugezacyaha atari ruswa ahubwo ari ubuntu asanganywe mu buzima busanzwe.

Ngo umutimanama we wamusunikiye kuyamuha kuko yumvaga ko kuba bari bamaranye amasaha atatu amubaza, byagaragaraga ko ashobora kuba yumye umuhogo kandi ashonje bityo ko yayamuhaye kugira ngo yice isari.

Ati “Nyuma y’iminota mike maze kuyohereza nahise mbona Polisi na RIB baje kumfata.”

Kabera avuga ko muri kamere ye agira ubuntu,  akavuga ko yashyize mu gaciro asanga ari ngombwa guha amafaranga umuntu bamaranye ayo masaha yose.

Avuga ko yamugiriye impuhwe kuko yumvaga nta kibazo kiri mu ugusangira n’umugenzacyaha.

Umushinjacyaha yahise agira ati “Iyo ni ruswa igamije kwica amarangamutima y’umuntu.”

Ati: “Ndi umukozi ushinzwe kurwanya ruswa, nzi ingaruka z’icyaha cyo gutanga ruswa, ibyo nagombaga kubazwa byari byarangiye, ayo mafaranga siyo yagombaga kugira icyo ahindura kuri dosiye yanjye.”

Asaba gukurikiranwa ari hanze kuko avuga ko atacika ubutabera.

Ubushinjacyaha buvuga ko ushinjwa iki cyaha aramutse arekuwe ashobora kubangamira iperereza cyangwa agatoroka ubutabera.

Me Twagirayezu Joseph wunganira Kabera we avuga ko  icyo bifuza ari ubutabera kuko mu myaka myinshi Kabera amaze akorera mu Ntara y’Amajyepfo, nta kindi cyaha yigeze akora bityo ko Urukiko rwagombye kumurekura agakurikiranywa ari hanze.

Ati “Nta mpamvu zikomeye zatuma umukiliya wanjye afungwa by’agateganyo iminsi 30, ibyo mumutegeka byose ndabizeza ko azabyubahiriza kuko aho atuye ari naho ifasi y’urukiko iherereye.”

Isomwa ry’urubanza rizaba taliki ya 09, Gashyantare, 2024  saa sita z’amanywa.

Ifoto@UMUSEKE.RW

TAGGED:featuredIfasiInkekeKaberaRuswaUmugoreUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yageze Mu Rwanda 
Next Article Amerika Yasabye Tshisekedi Kuganira Na M23, Undi Abitera Utwatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?