Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yabwiye Urukiko Icyamuteye Guha Ruswa Umukozi Wa RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Yabwiye Urukiko Icyamuteye Guha Ruswa Umukozi Wa RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2024 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kabera Védaste wahoze umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye uurukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga ko yahaye ruswa umukozi wa RIB kugira ngo yice isari kuko bari bamaranye amasaha atatu bityo akaba yari ashonje.

Yasobanuraga ibyo yari abajijwe n’umushinjacyaha byerekeye impamvu yoherereje Frw 10,000 umukozi wa RIB wari urimo kumubaza ku cyaha yaregwaga cyo guhoza umugore we ku nkeke.

Umushinjaha arega uyu mugabo  icyaha cy’indonke yahaye umugenzacyaha wamuhataga ibibazo ku cyaha yaregwaga tumaze kuvuga haruguru.

Yabajije Védaste Kabera ati: “ Dusobanurire impamvu yatumye woherereza umugenzacyaha usanzwe ufite dosiye yawe Frw 10,000; ukongeraho n’ubutumwa bugufi?”.

Kabera yasubije ka ayo mafaranga yayahaye umugezacyaha atari ruswa ahubwo ari ubuntu asanganywe mu buzima busanzwe.

Ngo umutimanama we wamusunikiye kuyamuha kuko yumvaga ko kuba bari bamaranye amasaha atatu amubaza, byagaragaraga ko ashobora kuba yumye umuhogo kandi ashonje bityo ko yayamuhaye kugira ngo yice isari.

Ati “Nyuma y’iminota mike maze kuyohereza nahise mbona Polisi na RIB baje kumfata.”

Kabera avuga ko muri kamere ye agira ubuntu,  akavuga ko yashyize mu gaciro asanga ari ngombwa guha amafaranga umuntu bamaranye ayo masaha yose.

Avuga ko yamugiriye impuhwe kuko yumvaga nta kibazo kiri mu ugusangira n’umugenzacyaha.

Umushinjacyaha yahise agira ati “Iyo ni ruswa igamije kwica amarangamutima y’umuntu.”

Ati: “Ndi umukozi ushinzwe kurwanya ruswa, nzi ingaruka z’icyaha cyo gutanga ruswa, ibyo nagombaga kubazwa byari byarangiye, ayo mafaranga siyo yagombaga kugira icyo ahindura kuri dosiye yanjye.”

Asaba gukurikiranwa ari hanze kuko avuga ko atacika ubutabera.

Ubushinjacyaha buvuga ko ushinjwa iki cyaha aramutse arekuwe ashobora kubangamira iperereza cyangwa agatoroka ubutabera.

Me Twagirayezu Joseph wunganira Kabera we avuga ko  icyo bifuza ari ubutabera kuko mu myaka myinshi Kabera amaze akorera mu Ntara y’Amajyepfo, nta kindi cyaha yigeze akora bityo ko Urukiko rwagombye kumurekura agakurikiranywa ari hanze.

Ati “Nta mpamvu zikomeye zatuma umukiliya wanjye afungwa by’agateganyo iminsi 30, ibyo mumutegeka byose ndabizeza ko azabyubahiriza kuko aho atuye ari naho ifasi y’urukiko iherereye.”

Isomwa ry’urubanza rizaba taliki ya 09, Gashyantare, 2024  saa sita z’amanywa.

Ifoto@UMUSEKE.RW

TAGGED:featuredIfasiInkekeKaberaRuswaUmugoreUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yageze Mu Rwanda 
Next Article Amerika Yasabye Tshisekedi Kuganira Na M23, Undi Abitera Utwatsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?