Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yahisemo Gukoresha Amafoto Ngo Asangize Abandi Ubwiza Bw’Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Yahisemo Gukoresha Amafoto Ngo Asangize Abandi Ubwiza Bw’Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2022 9:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Emmanuel Kwizera ni umusore ukora umwuga wo gufotora. Akomoka mu Karere ka Kayonza ariko akunze gukorera akazi ke mu Mujyi wa Kigali. Ubu afite imyaka 25 y’amavuko.

Avuga ko yize amashuri abanza n’ayisumbuye mu rwunge rw’amashuri rwa New Life Christian High School.

Ubwo yari ageze mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye yatangiye kwitegereza uko abantu babayeho, uko ibinyabuzima bibaho mu byanya bukomye n’ahandi hamukikije.

Ati: “ Ni ko ndicara ntekereza uburyo nabinyuzamo nsanga ntakindi uretse gukoresha ifoto. Ifoto ishobora guhagarika igihe kandi yerekana uko umuntu yabayeho ejo hashize igatanga n’ishusho y’uko azaba ameze ejo hazaza. Mu ifoto niho honyine hashobora kuguha amakuru bidasabye inyandiko iyiherekeje. Ifoto ikwereka ko runaka ababaye, yishimye n’ibindi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Emmanuel Kwizera avuga ko uko yakomezaga akazi ke ko gufotora byatumwe akomeza gukunda amafoto bimutera umurava n’umwete wo kwiga gufata ifoto nziza igaragaza neza icyo ashaka.

Yize gufata ifoto ishobora gukora ku marangamutima y’uyibonye.

Ati: “Bityo niyemeje kuvuganira rubanda nkoresheje ifoto.”

 Urugendo rw’akazi ke ka gafotozi…

Emmanuel Kwizera yabwiye Taarifa ko umwuga we yawutangiye afatisha amafoto telefoni igendanwa.

- Advertisement -

Nyuma yaje  kwifashisha ‘cameras’ ziciriritse.

Ifoto y’umukororombya yerekana ikirere cyose uko giteye

Mu muryango we ngo babonaga ko ibyo ari gukora ntaho bizamugeza, bakamugira inama yo kubireka.

Bavugaga ko hari ibindi ashoboye, byazamugirira akamaro kurusha gufotora ariko yanze gucika intege.

Mu rwego rwo kunoza umurimo we, yagiye gukora amahugurwa mu kigo  kitwa Kigali International Art College.

Ubumenyi yavanye yo yabwongeresheje ubundi yakuraga ku mbuga nkoranyambaga harimo na YouTube.

Yaje gutangira gushyira mu bikorwa ibyo yize, atangira gufotorera ikigo kitwa New Life Bible Church.

Hagati aho, yafotoreraga n’ibindi bigo nka Rwanda Cricket Association, We Rise Together Rwanda, Onesight Association na European Union.

Ifoto y’intore zihamiriza

Kwizera avuga ko muri ako kazi kose hari ingorane yahuraga nazo, bikamusaba ubwitange no kwitonda kugira ngo adatakaza akazi cyangwa icyizere mubo bakoranaga.

Mu kazi yakoraga aho hose, yungukiyemo ubumenyi bwo gufotora neza ndetse no gukorana n’abantu bafite imico itandukanye, bakunda ibintu binyuranye.

Ubutumwa ku bandi…

N’ubwo akiri muto, Emmanuel Kwizera avuga ko iyo umuntu adacitse intege mu kazi akora, akenshi bimuteza imbere.

Guha agaciro akazi ni ingirakamaro kuri we kandi abishishikariza n’abandi.

Asaba abashaka kumuha akazi cyangwa indi nyunganizi ko bamwandikira kuri Instagram ye yitwa The visuals-africa.

Emmanuel Kwizera mu kazi
Ni umusore w’imyaka 25 y’amavuko
Mu cyumba atunganyirizamo amashusho

 

TAGGED:AmafotofeaturedGatofoziKwizera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ahantu Hatandatu Abashyitsi Ba CHOGM 2022 Bazakorera Inama Hatangajwe
Next Article Bimwe Mu Byo Inkweto Z’Abagore Zifite Talo Ndende Zigaragaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ruto Yagiye Mu Bushinwa Kuganira K’Ubukungu

Igitaramo Cya The Ben Kizagongana N’Icya Pallaso Uzwi Cyane i Kampala

Kagame Yihanganishije Kiliziya Gatulika Ku Rupfu Rwa Papa Francis

Jorge Mario Bergoglio Wavuyemo Papa Francis Yakuranye Uburwayi

Papa Francis Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Meya Wa Nyanza Yafunzwe

Minisitiri W’Ingabo Yasabye Abifuza Kuzatera u Rwanda Gusubiza Amerwe Mu Isaho

Uhagarariye u Rwanda Muri Miss Africa Calabar Arasaba Gushyigikirwa

Imibereho Y’Abanyarwanda Mu Myaka Irindwi Ishize: Icyo Imibare Igaragaza

Uganda: Yiyemereye Ko Yashakaga Guhutaza Perezida Museveni

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ku Mayaga Barasaba Ko Abarundi Bakoreye Abatutsi Jenoside Bakurikiranwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Muri Pakistan Kuganira Ku Butwererane

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Ubutegetsi Bwaciye Ibikorwa Byose By’Ishyaka Rya Kabila 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Iraye Ari Iya Mbere Muri Shampiyona Nyuma Yo Gutsinda Muhazi United 2-0

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?