Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yifuza Ko Siporo Yaba Inkingi Yo Guteza Imbere Ubukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Yifuza Ko Siporo Yaba Inkingi Yo Guteza Imbere Ubukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 September 2024 11:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nelly Mukazayire
SHARE

Nelly Mukazayire uherutse kugirwa Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo avuga ko siporo iramutse yitaweho yaba inkingi yo kuzamura ubukungu bw’u Rwanda na Afurika muri rusange.

Uyu muyobozi wahoze mu buyobozi bukuru bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere, RDB, avuga ko kugira ngo ibi bigerweho ari ngombwa ko abashoramari babishyiramo amafaranga.

Mukazayire yabivugiye mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama mpuzamahanga yita ku iterambere rya Siporo muri Afurika yitwa Sportsbiz Africa Forum 2024 iri kubera mu Rwanda.

Yateguwe n’ikigo kitwa Rwanda Events ikazarangira taliki 28, Nzeri, 2024.

Mukazayire Nelly yavuze ko abashoramari bakwiye kwicara bakiga neza imishinga bashoramo imari kuko urubyiruko ari rwo rwiganje muri siporo kandi rukaba ari rwo igihugu cyizeyeho iterambere ry’ejo hazaza.

Avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rugize 70% by’abaturage bose bityo rukaba imbarutso yo guteza imbere siporo.

Ati: “Twarabibonye ko bidashoboka gutandukanya siporo n’ishoramari. Iyo uzamuye impano udafite ibizifasha no kuba wazigumana, ubu ugifite icyuho mu iterambere rya siporo. Dukeneye amaboko y’abashoramari muri siporo”.

Avuga ko ishoramari rikwiye gushyirwa mu kubaka ibikorwaremezo bitanga imirimo muri siporo nyirizina no mu bijyanirana nayo.

Umuyobozi w’Ikigo Rwanda Events witwa Christian Gakwaya avuga ko gutegura iriya nama byakozwe mu rwego rwo gufasha abaturage ba Afurika kubona ko siporo yaba isoko y’amajyambere arambye.

Asanga Siporo yaba isoko yo kuzamura umusaruro mu bukungu, abayikora bakunguka bidasize n’abayishoyemo.

Asanga kandi byatuma abakinnyi beza bo muri Afurika bareka kujya gukina mu Burayi n’ahandi ahubwo bakaguma ku mugabane bakomokamo.

TAGGED:featuredIshoramariMukazayireNellySiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Irashinja DRC Gukoresha Abana Mu Bucukuzi Bwa Cobalt
Next Article Omar Al Bashir Ararembye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?