Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 2020-2021: Mu Rwanda Gukoresha Ikoranabuhanga Mu By’Ubuvuzi Byikubye 5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

2020-2021: Mu Rwanda Gukoresha Ikoranabuhanga Mu By’Ubuvuzi Byikubye 5

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2021 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko iyo urebye uko imibare y’Abanyarwanda bakoresheje ikoranabuhanga basaba cyangwa batanga serivisi z’ubuzima imeze muri uyu mwaka wa 2021, ubona ko yikubye inshuro eshanu ugereranyije n’uko byahoze mu mwaka wa 2020.

Iyi mibare Dr Ngamije yayitangaje ubwo yagiraga icyo avuga ku rwego rw’ubuzima mu Rwanda mu kiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente wari wakiriye mu Biro bye umushyitsi witwa Dr Ali Parsa washinze akanayobora ikigo Babylon Health.

Babylon Health ni ikigo gitanga serivisi z’ubuzima hifashishijwe ikoranabuhanga ryaba iryo kuri Telefoni igendanwa ndetse n’iryifashisha mudasobwa.

Ku rubuga rwa Babylon Health handitseho ko serivisi batanga zikubiyemo kubonana na muganga, ubujyanama mu by’ubuzima, guhura na muganga akakwitaho, kwita ku ndwara zidakira no kurangira abarwayi aho bakura serivisi zisumbuyeho kandi zijyanye n’ibibazo bafite.

The New Times ivuga ko Minisitiri Dr Daniel Ngamije yabwiye Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente n’umushyitsi we Dr Ali Parsa ati: “ Iyo ugereranyije uko imibare y’abatse n’abatanze serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ikoranabuhanga ihagaze muri uyu mwaka wa 2021 n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2020, ubona ko muri uyu mwaka byikubye inshuro eshanu.”

Bivugwa ko iri zamuka ryatewe n’ikoreshwa ry’uburyo bw’ikoranabuhanga bwiswe Bably , ubu buryo bukaba bwaratangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2016.

Bufasha abashaka serivisi z’ubuvuzi kuzibona bitabaye ngombwa ko byajya kwa mu muganga.

Dr Parsa iburyo bwa Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente

Minisitiri w’ubuzima avuga ko izamuka ry’iriya mibare ryatewe n’uko mu bihe bya COVID-19, abaturage bashishikarijwe kandi bitabira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zose harimo n’iz’ubuzima.

Gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima byatumye abaturage badatakaza umwanya n’amafaranga bajya cyangwa bava kwa muganga, nk’uko Dr Ngamije abyemeza.

Ikoranabuhanga ryaje ari inyongera nziza y’uburyo abantu bari basanzwe baka bakanahabwa serivisi z’ubuzima.

Dr Ngamije avuga ko n’ubwo hari abantu bagiseta ibirenge mu gukoresha ikoranabuhanga mu byerekeye kwivuza, ariko muri rusange abantu babyumva kandi bakabyitabira.

Ndetse ngo bishimira serivisi bahabwa.

Umuyobozi wa Bablyon Healthcare Dr Parsa avuga ko afite gahunda yo kuzafasha u Rwanda kureba uko serivisi zayo zagezwa henshi.

Dr. Parsa ati: “ Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatubwiye ko bigiye gusuzuma ahantu hose hacyeneye kongerwamo imbaraga mu itangwa ry’iriya serivisi hanyuma bazaduhe raporo tubibafashemo.”

Bably ifasha abantu kwivuza badahuye na muganga imbonankubone

Umwaka wa 2020 warangiye Leta y’u Rwanda isinyanye amasezerano na Bably y’uko Abanyarwanda bazakoresha ikoranabuhanga ryayo mu gihe cy’imyaka 10 mu kwakira no gutanga serivisi z’ubuzima binyuze muri telefoni zabo zigendanwa.

Iki kigo gifite abafatabuguzi miliyoni ebyiri hirya no hino mu Rwanda, mu gihe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika Bably ihafite abafatabuguzi barenga miliyoni 3.

TAGGED:featuredIkigoMinisiteriNgamijeNgirenteRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Isi Abantu Miliyari 1 Bafite Ubumuga, Bagomba Kugira Uburenganzira Mu Bibakorerwa
Next Article UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?