Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 2020-2021: Mu Rwanda Gukoresha Ikoranabuhanga Mu By’Ubuvuzi Byikubye 5
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

2020-2021: Mu Rwanda Gukoresha Ikoranabuhanga Mu By’Ubuvuzi Byikubye 5

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2021 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije avuga ko iyo urebye uko imibare y’Abanyarwanda bakoresheje ikoranabuhanga basaba cyangwa batanga serivisi z’ubuzima imeze muri uyu mwaka wa 2021, ubona ko yikubye inshuro eshanu ugereranyije n’uko byahoze mu mwaka wa 2020.

Iyi mibare Dr Ngamije yayitangaje ubwo yagiraga icyo avuga ku rwego rw’ubuzima mu Rwanda mu kiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente wari wakiriye mu Biro bye umushyitsi witwa Dr Ali Parsa washinze akanayobora ikigo Babylon Health.

Babylon Health ni ikigo gitanga serivisi z’ubuzima hifashishijwe ikoranabuhanga ryaba iryo kuri Telefoni igendanwa ndetse n’iryifashisha mudasobwa.

Ku rubuga rwa Babylon Health handitseho ko serivisi batanga zikubiyemo kubonana na muganga, ubujyanama mu by’ubuzima, guhura na muganga akakwitaho, kwita ku ndwara zidakira no kurangira abarwayi aho bakura serivisi zisumbuyeho kandi zijyanye n’ibibazo bafite.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

The New Times ivuga ko Minisitiri Dr Daniel Ngamije yabwiye Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente n’umushyitsi we Dr Ali Parsa ati: “ Iyo ugereranyije uko imibare y’abatse n’abatanze serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ikoranabuhanga ihagaze muri uyu mwaka wa 2021 n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2020, ubona ko muri uyu mwaka byikubye inshuro eshanu.”

Bivugwa ko iri zamuka ryatewe n’ikoreshwa ry’uburyo bw’ikoranabuhanga bwiswe Bably , ubu buryo bukaba bwaratangiye gukorera mu Rwanda mu mwaka wa 2016.

Bufasha abashaka serivisi z’ubuvuzi kuzibona bitabaye ngombwa ko byajya kwa mu muganga.

Dr Parsa iburyo bwa Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente

Minisitiri w’ubuzima avuga ko izamuka ry’iriya mibare ryatewe n’uko mu bihe bya COVID-19, abaturage bashishikarijwe kandi bitabira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zose harimo n’iz’ubuzima.

Gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima byatumye abaturage badatakaza umwanya n’amafaranga bajya cyangwa bava kwa muganga, nk’uko Dr Ngamije abyemeza.

- Advertisement -

Ikoranabuhanga ryaje ari inyongera nziza y’uburyo abantu bari basanzwe baka bakanahabwa serivisi z’ubuzima.

Dr Ngamije avuga ko n’ubwo hari abantu bagiseta ibirenge mu gukoresha ikoranabuhanga mu byerekeye kwivuza, ariko muri rusange abantu babyumva kandi bakabyitabira.

Ndetse ngo bishimira serivisi bahabwa.

Umuyobozi wa Bablyon Healthcare Dr Parsa avuga ko afite gahunda yo kuzafasha u Rwanda kureba uko serivisi zayo zagezwa henshi.

Dr. Parsa ati: “ Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatubwiye ko bigiye gusuzuma ahantu hose hacyeneye kongerwamo imbaraga mu itangwa ry’iriya serivisi hanyuma bazaduhe raporo tubibafashemo.”

Bably ifasha abantu kwivuza badahuye na muganga imbonankubone

Umwaka wa 2020 warangiye Leta y’u Rwanda isinyanye amasezerano na Bably y’uko Abanyarwanda bazakoresha ikoranabuhanga ryayo mu gihe cy’imyaka 10 mu kwakira no gutanga serivisi z’ubuzima binyuze muri telefoni zabo zigendanwa.

Iki kigo gifite abafatabuguzi miliyoni ebyiri hirya no hino mu Rwanda, mu gihe muri Leta zunze ubumwe z’Amerika Bably ihafite abafatabuguzi barenga miliyoni 3.

TAGGED:featuredIkigoMinisiteriNgamijeNgirenteRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Isi Abantu Miliyari 1 Bafite Ubumuga, Bagomba Kugira Uburenganzira Mu Bibakorerwa
Next Article UN Ntishyigikiye Uganda Mu Bitero Yagabye Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?